IMYIDAGADURO

‘Warakoze perezida Kagame gutuma u Rwanda rugira amahoro’ umuhanzi Harmonize ashimira umukuru w’igihugu cy’u Rwanda

Umuhanzi Harmonize abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yongeye kugaragariza urukundo akunda Igihugu cy’u Rwanda ashimira Perezida Paul Kagame.

Advertisements

Uyu muhanzi w’icyamamare ukomoka muri Tanzania yagiye ku rukuta rwa Twitter yandikaho amagambo agira ati “Urakoze Kagame, Nta wowe nta mahoro, gusa ni ubutumwa butamazeho amasaha menshi ahita abusiba.”

Aya magambo kandi yari yayaherekejeho n’ifoto y’umukuru w’igihugu.

Aha kandi bidatinze uyu muhanzi yongeye gushimangira ko u Rwanda rwuzuyemo amahoro bitewe n’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame.

Ati “Turagushimira perezida Paul Kagame kubwo gutuma u Rwanda rugira amahoro.”

Benshi bakurikira Harmonize barenga ibihumbi 200 kuri Twitter bagaragaje ukwishimira bikomeye iby’uyu muhanzi yatangaje bakana ukubyishimira(like) zireng ibihumbi 8.

Umuhanzi Harmonize yashimiye Perezida Paul Kagame

Harmonize umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye bitewe n’ibikorwa bye bigendanye n’umuziki yakoze watumye yigwizaho abakunzi batabarika ibi yabishyize hanze nyuma y’ubundi butumwa yashyize kuri story ye ya Instagram ahumuriza Abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu Rwanda.

Aha kandi yahise anahindura ifoto igize urwo rubuga rwe rwa Instagram ashyiraho ifoto ye ayisimbuje ibendera ry’u Rwanda.

Perezida Kagame ashimirwa na benshi kubera uruhare yagize rwo kubohora u Rwanda rwari mu icuraburindi kubera Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ubwo bari mu ngabo zahoze ari iza RPA bakongera gusubiza ubumuntu mu baturarwanda bari babaye nk’inyamaswa bamwe bica bagenzi babo ntacyo bapfa.

Perezida Kagame yashimiwe n’umuhanzi Harmonize ko abate atariho nta mahoro yaba ahari

Kuri ubu u Rwanda rushimirwa n’abenshi bitewe n’iterambere rigezeho bitewe n’ubuyobozi bwiza burangajwe imbere n’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda nyuma y’imyaka 29 Jenoside yakorewe abatutsi ibaye mu Rwanda.

Harmonize akunze kugendera u Rwanda ndetse akagaragaza kwishimira kurusura mu bice bitandukanye aba yagendeyemo by’umwihariako akaba inshuti y’umuhanzi Bruce Melodie.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago