RWANDA

Nyanza: Dasso ukekwaho gusambanya umwana yatawe muri yombi

Mu karere ka Nyanza haravugwa itabwa muri yombi umwe mu bakozi bahacungaga umutekano azira gukekwaho gusambanya umwana.

Amakuru avuga ko uyu mukozi w’urwego rw’akarere ka Nyanza mu gucunga umutekano (DASSO) akurikiranyweho gusambanya umwana, mbere yitabwa muri yombi habanje gufungwa bagenzi be babiri.

Amakuru dukesha UMUSEKE nuko wamenye ko urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) mu cyumweru cyashize rwataye muri yombi aba DASSO babiri bakoreraga mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza.

Uwatanze amakuru yavuze ko abo ba DASSO bombi baketsweho gusambanya umwana wari ufite imyaka 17 y’amavuko.

Ati “Umukobwa yabonye atwite abarega bombi, RIB ihita ibata muri yombi.”

Andi makuru avuga ko umwe muri bo yahise arekurwa hasigaramo undi witwa Edouard bikavugwa ko we yemeraga ko baryamanye.

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza Ntazinda Erasme yabwiye UMUSEKE ko uwo DASSO, RIB iri kumukurikirana.

Ati “Ubu ari kuri sitasiyo ya RIB ya Ruhango hatangiye iperereza ngo hamenyekane niba yaramusambanyije koko.”

Ubuyobozi busaba abantu kwirinda ibyaha, by’umwihariko ibyo gusambanya abana kuko bigira ingaruka kubasambanyijwe ndetse no ku wabikoze akabihanirwa.

Dasso ukekwaho gusambanya umwana i Nyanza yatawe muri yombi

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago