Mu karere ka Nyanza haravugwa itabwa muri yombi umwe mu bakozi bahacungaga umutekano azira gukekwaho gusambanya umwana.
Amakuru avuga ko uyu mukozi w’urwego rw’akarere ka Nyanza mu gucunga umutekano (DASSO) akurikiranyweho gusambanya umwana, mbere yitabwa muri yombi habanje gufungwa bagenzi be babiri.
Amakuru dukesha UMUSEKE nuko wamenye ko urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) mu cyumweru cyashize rwataye muri yombi aba DASSO babiri bakoreraga mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza.
Uwatanze amakuru yavuze ko abo ba DASSO bombi baketsweho gusambanya umwana wari ufite imyaka 17 y’amavuko.
Ati “Umukobwa yabonye atwite abarega bombi, RIB ihita ibata muri yombi.”
Andi makuru avuga ko umwe muri bo yahise arekurwa hasigaramo undi witwa Edouard bikavugwa ko we yemeraga ko baryamanye.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza Ntazinda Erasme yabwiye UMUSEKE ko uwo DASSO, RIB iri kumukurikirana.
Ati “Ubu ari kuri sitasiyo ya RIB ya Ruhango hatangiye iperereza ngo hamenyekane niba yaramusambanyije koko.”
Ubuyobozi busaba abantu kwirinda ibyaha, by’umwihariko ibyo gusambanya abana kuko bigira ingaruka kubasambanyijwe ndetse no ku wabikoze akabihanirwa.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…