IMIKINO

SG na DAF bakoreraga muri FERWAFA beguye ku mirimo yabo

Muhire Henry wari umunyamabanga Mukuru muri FERWAFA hamwe na Iraguha David warukuriye DAF beguye ku mirimo yabo.

Advertisements

Ibi bibaye nyuma yaho ku munsi w’ejo uwari umuyobozi mukuru w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Mugabo Olivier Nizeyimana nawe yeguye.

Icyakora n’ubwo aba bombi basezeye nta kindi cyatangajwe ku iyegura ry’abo ndetse bose bavuga ko ari ku mpamvu zabo bwite.

Benshi bakomeje kuvuga ko aba bayobozi beguye ku mpamvu yuko iriya nzu (FERWAFA) irimo ibibazo bikomeye bishobora no kugeza bamwe mu nkiko.

Kuri uyu wa Kabiri, mu mukino wagombaga guhuza ikipe ya Rayon Sports na Intare fc mu mukino wa kabiri mu irushanwa ry’Igikombe cya Amahoro, Intare Fc ntiyabashije kwitabira uwo mukino kandi yemeza ko FERWAFA yayirenganyije, ntiyanyurwa ni myanzuro yafatiwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru.

Hari n’amakuru avuga ko umutoza mukuru w’ikipe y’Igihugu Amavubi Carlos Alós Ferrer ari gusaba gusesa amasezerano yaraherutse gusinyira y’imyaka ibiri yo gutoza byose bikaba bifite aho bihuriye n’iyegura rya bamwe.

Uwari SG wa FERWAFA yeguye ku mirimo ye
DAF wa FERWAFA nawe yeguye ku mirimo ye

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago