RWANDA

Gen. Muhoozi Kainerugaba ategerejwe i Kigali

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba n’umujyanama we mu bikorwa byihariye bya gisirikare, General Muhoozi Kainerugaba, arasoreza iki cyumweru i Kigali.

Advertisements

Umunyamakuru Canary Mugume wa NBS TV yatangaje ko Gen. Kainerugaba araza mu Rwanda kuri uyu wa 22 Mata 2023 muri gahunda y’ibirori by’isabukuru ye yateguriwe na Perezida Paul Kagame.

Gen Muhoozi Kainerugaba ategerejwe i Kigali

Ni isabukuru Gen. Muhoozi Kainerugaba yizihiza buri mwaka tariki 24 Mata.

Uyu mugabo yaraherutse gutangaza ku rukuta rwe rwa Twitter ko azihiriza isabukuru ye y’amavuko mu Rwanda.

Muri uru ruzinduko, Gen. Kainerugaba ngo araherekezwa n’abaminisitiri, bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko ya Uganda ndetse n’abashoramari.

Gen. Kainerugaba yizihirije isabukuru y’umwaka ushize mu biro bya Perezida Museveni. Icyo gihe Perezida Kagame yari ahari nk’umushyitsi mukuru, ni nyuma yo kumusaba ko yazitabira ibyo birori.

Umwaka ushize Perezida Kagame yitabiriye ibirori by’isabukuru ya Gen Muhoozi

Uyu musirikare ugiye kuzuza imyaka 49 y’amavuko araza mu Rwanda nyuma yo guhuriza hamwe Abanyarwanda n’abanya-Uganda i Kabale tariki ya 19 Mata 2023, mu gitaramo cyo kwishimira ifungurwa ry’imipaka y’ibihugu byombi ryabaye mu 2022.

Muri icyo gitaramo cyiswe “Rukundo Egumaho” cyitabiriwe n’abahanzi batandukanye bo muri Uganda n’u Rwanda.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago