RWANDA

Gen. Muhoozi Kainerugaba ategerejwe i Kigali

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba n’umujyanama we mu bikorwa byihariye bya gisirikare, General Muhoozi Kainerugaba, arasoreza iki cyumweru i Kigali.

Umunyamakuru Canary Mugume wa NBS TV yatangaje ko Gen. Kainerugaba araza mu Rwanda kuri uyu wa 22 Mata 2023 muri gahunda y’ibirori by’isabukuru ye yateguriwe na Perezida Paul Kagame.

Gen Muhoozi Kainerugaba ategerejwe i Kigali

Ni isabukuru Gen. Muhoozi Kainerugaba yizihiza buri mwaka tariki 24 Mata.

Uyu mugabo yaraherutse gutangaza ku rukuta rwe rwa Twitter ko azihiriza isabukuru ye y’amavuko mu Rwanda.

Muri uru ruzinduko, Gen. Kainerugaba ngo araherekezwa n’abaminisitiri, bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko ya Uganda ndetse n’abashoramari.

Gen. Kainerugaba yizihirije isabukuru y’umwaka ushize mu biro bya Perezida Museveni. Icyo gihe Perezida Kagame yari ahari nk’umushyitsi mukuru, ni nyuma yo kumusaba ko yazitabira ibyo birori.

Umwaka ushize Perezida Kagame yitabiriye ibirori by’isabukuru ya Gen Muhoozi

Uyu musirikare ugiye kuzuza imyaka 49 y’amavuko araza mu Rwanda nyuma yo guhuriza hamwe Abanyarwanda n’abanya-Uganda i Kabale tariki ya 19 Mata 2023, mu gitaramo cyo kwishimira ifungurwa ry’imipaka y’ibihugu byombi ryabaye mu 2022.

Muri icyo gitaramo cyiswe “Rukundo Egumaho” cyitabiriwe n’abahanzi batandukanye bo muri Uganda n’u Rwanda.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

14 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago