Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba n’umujyanama we mu bikorwa byihariye bya gisirikare, General Muhoozi Kainerugaba, arasoreza iki cyumweru i Kigali.
Umunyamakuru Canary Mugume wa NBS TV yatangaje ko Gen. Kainerugaba araza mu Rwanda kuri uyu wa 22 Mata 2023 muri gahunda y’ibirori by’isabukuru ye yateguriwe na Perezida Paul Kagame.
Ni isabukuru Gen. Muhoozi Kainerugaba yizihiza buri mwaka tariki 24 Mata.
Uyu mugabo yaraherutse gutangaza ku rukuta rwe rwa Twitter ko azihiriza isabukuru ye y’amavuko mu Rwanda.
Muri uru ruzinduko, Gen. Kainerugaba ngo araherekezwa n’abaminisitiri, bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko ya Uganda ndetse n’abashoramari.
Gen. Kainerugaba yizihirije isabukuru y’umwaka ushize mu biro bya Perezida Museveni. Icyo gihe Perezida Kagame yari ahari nk’umushyitsi mukuru, ni nyuma yo kumusaba ko yazitabira ibyo birori.
Uyu musirikare ugiye kuzuza imyaka 49 y’amavuko araza mu Rwanda nyuma yo guhuriza hamwe Abanyarwanda n’abanya-Uganda i Kabale tariki ya 19 Mata 2023, mu gitaramo cyo kwishimira ifungurwa ry’imipaka y’ibihugu byombi ryabaye mu 2022.
Muri icyo gitaramo cyiswe “Rukundo Egumaho” cyitabiriwe n’abahanzi batandukanye bo muri Uganda n’u Rwanda.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…