MU MAHANGA

Umubyeyi wa Caitlyn Jenner yapfuye ku myaka 96

Umubyeyi wa Caitlyn Jenner, Esther Jenner yitabye Imana ku myaka 96 y’amavuko.

Uyu mubyeyi warukuze yapfuye ku wa kane, tariki 20 Mata, nk’uko byatangajwe na Caitlyn Jenner wabitangaje abinyujije kuri Instagram mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, tariki ya 21 Mata.

Caitlyn Jenner ukomoka muri Amerika yamamaye cyane nk’umunyamakuru ndetse akaba yaranegukanye umudari wa Zahabu mu mikino ya Olempike.

Jenner yagize ati “Mbabajwe no kubatangariza ko Mama wanjye yitabye Imana mu mahoro ejo mu gitondo.”

Jenner yongeyeho ati “Kubura umubyeyi birihariye mu buryo bw’uko ari we muntu wenyine wankunze mu buzima bwanjye bwose. Nzamukumbura cyane. Yagize ibyumweru bike byo kurwana n’imyaka 97 kandi abaho ubuzima bwuzuye. Ndagukunda mama.”

Urupfu rwa Eshter rubaye nyuma y’ibyumweru bike yizihije isabukuru y’imyaka 97 avutse.

Yagiye agaragara rimwe na rimwe mu biganiro byo gushyigikira umuryango wa Kardashian kandi yigeze kugaragara ashyigikiye bikomeye mu kwimuka kwa Caitlyn mu mwaka 2015.

Caitlyn yagiye ashyigikirwa n’umubyeyi we kenshi

Esther ubwo yitabiraga ikiganiro cye kizwi nka ’I am Cait,’ Esther yagize ati “Ibyiyumvo byanjye bwa mbere, ‘byari nkuko nabuze umuhungu wanjye.’ Hanyuma ndatekereza nti “Urabizi? Ndimo ndabona umukobwa!”

Nyakwigendera yakomeje kumufasha ndetse no mu kiganiro yagiriye kuri New York Daily News, amukosora Caitlyn gukoresha inyito nyayo.

Esther ati “Bitekerezeho. Ni ibintu bigoye iyo ari akamenyero. Ariko nzabyigaho.” “Ndamukunda cyane. Ntacyo bitwaye yaba yambaye nk’umugabo cyangwa umugore. Ibyo ari byo byose nkeneye kugira ngo mushimishe nibyo nitaho.”

Esther apfuye asize abana yabyaye, abuzukuru n’abuzukuruza.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago