MU MAHANGA

Umubyeyi wa Caitlyn Jenner yapfuye ku myaka 96

Umubyeyi wa Caitlyn Jenner, Esther Jenner yitabye Imana ku myaka 96 y’amavuko.

Uyu mubyeyi warukuze yapfuye ku wa kane, tariki 20 Mata, nk’uko byatangajwe na Caitlyn Jenner wabitangaje abinyujije kuri Instagram mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, tariki ya 21 Mata.

Caitlyn Jenner ukomoka muri Amerika yamamaye cyane nk’umunyamakuru ndetse akaba yaranegukanye umudari wa Zahabu mu mikino ya Olempike.

Jenner yagize ati “Mbabajwe no kubatangariza ko Mama wanjye yitabye Imana mu mahoro ejo mu gitondo.”

Jenner yongeyeho ati “Kubura umubyeyi birihariye mu buryo bw’uko ari we muntu wenyine wankunze mu buzima bwanjye bwose. Nzamukumbura cyane. Yagize ibyumweru bike byo kurwana n’imyaka 97 kandi abaho ubuzima bwuzuye. Ndagukunda mama.”

Urupfu rwa Eshter rubaye nyuma y’ibyumweru bike yizihije isabukuru y’imyaka 97 avutse.

Yagiye agaragara rimwe na rimwe mu biganiro byo gushyigikira umuryango wa Kardashian kandi yigeze kugaragara ashyigikiye bikomeye mu kwimuka kwa Caitlyn mu mwaka 2015.

Caitlyn yagiye ashyigikirwa n’umubyeyi we kenshi

Esther ubwo yitabiraga ikiganiro cye kizwi nka ’I am Cait,’ Esther yagize ati “Ibyiyumvo byanjye bwa mbere, ‘byari nkuko nabuze umuhungu wanjye.’ Hanyuma ndatekereza nti “Urabizi? Ndimo ndabona umukobwa!”

Nyakwigendera yakomeje kumufasha ndetse no mu kiganiro yagiriye kuri New York Daily News, amukosora Caitlyn gukoresha inyito nyayo.

Esther ati “Bitekerezeho. Ni ibintu bigoye iyo ari akamenyero. Ariko nzabyigaho.” “Ndamukunda cyane. Ntacyo bitwaye yaba yambaye nk’umugabo cyangwa umugore. Ibyo ari byo byose nkeneye kugira ngo mushimishe nibyo nitaho.”

Esther apfuye asize abana yabyaye, abuzukuru n’abuzukuruza.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago