MU MAHANGA

Umubyeyi wa Caitlyn Jenner yapfuye ku myaka 96

Umubyeyi wa Caitlyn Jenner, Esther Jenner yitabye Imana ku myaka 96 y’amavuko.

Advertisements

Uyu mubyeyi warukuze yapfuye ku wa kane, tariki 20 Mata, nk’uko byatangajwe na Caitlyn Jenner wabitangaje abinyujije kuri Instagram mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, tariki ya 21 Mata.

Caitlyn Jenner ukomoka muri Amerika yamamaye cyane nk’umunyamakuru ndetse akaba yaranegukanye umudari wa Zahabu mu mikino ya Olempike.

Jenner yagize ati “Mbabajwe no kubatangariza ko Mama wanjye yitabye Imana mu mahoro ejo mu gitondo.”

Jenner yongeyeho ati “Kubura umubyeyi birihariye mu buryo bw’uko ari we muntu wenyine wankunze mu buzima bwanjye bwose. Nzamukumbura cyane. Yagize ibyumweru bike byo kurwana n’imyaka 97 kandi abaho ubuzima bwuzuye. Ndagukunda mama.”

Urupfu rwa Eshter rubaye nyuma y’ibyumweru bike yizihije isabukuru y’imyaka 97 avutse.

Yagiye agaragara rimwe na rimwe mu biganiro byo gushyigikira umuryango wa Kardashian kandi yigeze kugaragara ashyigikiye bikomeye mu kwimuka kwa Caitlyn mu mwaka 2015.

Caitlyn yagiye ashyigikirwa n’umubyeyi we kenshi

Esther ubwo yitabiraga ikiganiro cye kizwi nka ’I am Cait,’ Esther yagize ati “Ibyiyumvo byanjye bwa mbere, ‘byari nkuko nabuze umuhungu wanjye.’ Hanyuma ndatekereza nti “Urabizi? Ndimo ndabona umukobwa!”

Nyakwigendera yakomeje kumufasha ndetse no mu kiganiro yagiriye kuri New York Daily News, amukosora Caitlyn gukoresha inyito nyayo.

Esther ati “Bitekerezeho. Ni ibintu bigoye iyo ari akamenyero. Ariko nzabyigaho.” “Ndamukunda cyane. Ntacyo bitwaye yaba yambaye nk’umugabo cyangwa umugore. Ibyo ari byo byose nkeneye kugira ngo mushimishe nibyo nitaho.”

Esther apfuye asize abana yabyaye, abuzukuru n’abuzukuruza.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago