INKURU ZIDASANZWE

Leta y’u Rwanda yatanze ubutumwa ku baturage bayo muri Sudani

Guverinoma y’u Rwanda yasabye abaturage bayo bari muri Sudani kwigengesera, mu rwego rwo kwirinda kugirwaho ingaruka n’intambara ikomeje gufata indi ntera muri kiriya gihugu.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu itangazo iheruka gusohora yavuze ko “Ambasade y’u Rwanda muri Sudani ikomeje gukurikiranira hafi imirwano ikomeje ndetse n’ibikorwa by’inzego z’umutekano muri Sudani, bityo igasaba Abanyarwanda bose gushyira imbere umutekano wabo baguma mu nzu zabo.”

Iyi Ambasade yakomeje isaba buri munyarwanda uri muri Sudani kuyimenyesha aho aherereye cyangwa bakayiha amakuru yerekeye ibibazo bijyanye n’umutekano hifashishijwe numéro za Telefoni (+249923306048 na +249990729839) zombi zinaboneka ku rubuga rwa WhatsApp.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yavuze ko yamaze gushyiraho numéro abakeneye ubufasha bwihuse bashobora kuyivugishaho (+250782706730, +250788171195 na +250387629032 [iri no kuri WhatsApp]).

Abakeneye ubufasha kandi banandikira MINAFFET ubutumwa bwa email kuri rca@minaffet.gov.rw.

Kugeza ubu ababarirwa muri 400 ni bo bivugwa ko bamaze kwitaba Imana, nyuma y’imirwano ikomeye imaze icyumweru isakiranya Ingabo za Leta ya Sudani n’izindi zo mu mutwe witwara gisirikare ariko wegamiye kuri Leta witwa RSF.

Kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo imirwano yatangiye hagati y’Ingabo za Gen Al-Burhan ukuriye Ingabo za Sudani n’uwari icyegera cye, Gen Mohamed Hamdan Daglo uyobora RSF.

Aba bombi bari bafatanyije kuyobora Sudani kuva muri 2021 ubwo Omar Al Bashir wari Perezida wa kiriya gihugu yahirikwaga ku butegetsi, gusa byarangiye bisanze bahanganye nyuma yo kutumvikana ku ngingo zirimo iyo kwinjiza RSF mu ngabo z’igihugu nk’imwe mu ngingo zikomeye zerekeye amasezerano yo gusubiza ubutegetsi abasivile.

Ni imirwano ikomeje gufata indi ntera  muri iki gihugu ndetse kuburyo umurwa mukuru  Khartoum no mu bindi bice bya Sudani.

Gusa kugeza ubu ibihugu byinshi byabuze uko bihungisha abaturage babyo kubera ko intambara yafashe indi ntera birenze uko abantu babitekerezaga.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago