Inkongi y’umuriro yibasiye ikigo cy’ishuri ryisumbuye rya lycée Mwanga riherereye mu Mujyi wa Kolwezi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamwe mu banyeshuri bahigira barakomereka.
Iyi nkongi y’umuriro yibasiye iri shuri yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mata 2023, yatumye abanyeshuri babarirwa muri 30 bakomereka ubwo birukankaga bakiza amagara kubera ubukana bw’iyi nkongi.
Iyi nkongi y’umuriro yibasiye igice kinini cy’iri shuri rya Lycée Mwanga ntiramenyekana icyayiteye.
Amashusho yagiye hanze yerekana abanyeshuri basimbuka hejuru y’ishuri berekeza hasi, bari gukiza amagara yabo ngo badashya, ariko benshi muri bo bavunitse, ndetse n’abarimu bamwe bagizweho ingaruka n’iyi nkongi.
Abakomeretse bahise bajyanwa mu bitaro bya Mwangeji i Kolwezi no mu zindi nzego z’ubuzima kugira ngo bahabwe ubufasha bwihuse.
Mu gihe hagitegerejwe andi makuru arambuye byumwihariko ku nkomoko y’iyi nkongi y’umuriro, inzego z’ubutabazi zatabaye kugira ngo umuriro udakwirakwira mu bindi bice by’iyi nyubako y’ishuri.
Bivugwa ko hatangiye gukorwa iperereza ry’icyateye iy’impanuka y’inkongi y’umuriro mu ispiri rikuru rya Lycée Mwanga ryasize rikomereje bamwe mu banyeshuri bahigiraga n’abarimu.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…