MU MAHANGA

DRC: Inkongi y’umuriro yibasiye ishuri rikuru rya Lycée Mwanga hakomereka benshi

Inkongi y’umuriro yibasiye ikigo cy’ishuri ryisumbuye rya lycée Mwanga riherereye mu Mujyi wa Kolwezi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamwe mu banyeshuri bahigira barakomereka.

Iyi nkongi y’umuriro yibasiye iri shuri yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mata 2023, yatumye abanyeshuri babarirwa muri 30 bakomereka ubwo birukankaga bakiza amagara kubera ubukana bw’iyi nkongi.

Iyi nkongi y’umuriro yibasiye igice kinini cy’iri shuri rya Lycée Mwanga ntiramenyekana icyayiteye. 

Amashusho yagiye hanze yerekana abanyeshuri basimbuka hejuru y’ishuri berekeza hasi, bari gukiza amagara yabo ngo badashya, ariko benshi muri bo bavunitse, ndetse n’abarimu bamwe bagizweho ingaruka n’iyi nkongi.

Abakomeretse bahise bajyanwa mu bitaro bya Mwangeji i Kolwezi no mu zindi nzego z’ubuzima kugira ngo bahabwe ubufasha bwihuse.

Mu gihe hagitegerejwe andi makuru arambuye byumwihariko ku nkomoko y’iyi nkongi y’umuriro, inzego z’ubutabazi zatabaye kugira ngo umuriro udakwirakwira mu bindi bice by’iyi nyubako y’ishuri.

Bivugwa ko hatangiye gukorwa iperereza ry’icyateye iy’impanuka y’inkongi y’umuriro mu ispiri rikuru rya Lycée Mwanga ryasize rikomereje bamwe mu banyeshuri bahigiraga n’abarimu.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago