IMYIDAGADURO

Zimwe mu ndirimbo z’Abanyarwanda zahagaritswe gucurangwa mu Burundi

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe itumanaho mu Burundi gifite itangazamakuru mu nshingano cyahagaritse zimwe mu ndirimbo z’Abarundi n’abahanzi Nyarwanda kubera impamvu zumvikanamo amagambo y’urukozasoni.

Izi ndirimbo zirimo niza bahanzi bakomeye hano mu gihugu cy’u Rwanda ndetse n’ababarizwa mu gihugu cy’u Burundi, zimwe muri zo nk’iyitwa Ikinyafu yamamaye cyane mu Karere y’umuhanzi Bruce Melodie afatanyije na Kenny Sol.

Bamwe mu bahanzi ba banyarwanda indirimbo zabo zakumiriwe harimo Bruce Melodie, Juno Kizigenza, Davis D, Dj Pius, Afrique n’abandi benshi.

Impamvu leta y’u Burundi yahisemo kuzihagarika yavuze ko ngo izo ndirimbo zirimo amagambo y’urukozasoni.

Uyu mwanzuro wo guhagarika zimwe mu ndirimbo z’abahanzi gucurangwa kandi harimo n’izari zikunzwe cyane, byatangajwe na Ambasaderi Vestine Nahimana uhagarariye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe itumanaho mu Burundi ubwo bari mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa mbere tariki 24 Mata 2023.

Amb. Vestine Nahimana yatangaje ko indirimbo zirimo urukozasoni zihagarikwa gucurungwa mu Burundi

Zimwe mu ndirimbo zakumiriwe gucurangwa mu gihugu cy’u Burundi harimo, Mpamagara ya Pizzo John na Davis D, Nyash ya Yvan Muziki na DJ Pius na Ikinyafu ya Bruce Melodie, Akadaje ya Alvin Smith na Juno Kizigenza, Inzoga n’Ibebi ya Double Jay, Kirikou na Bruce Melodie, Akinyuma ya Bruce Melodie na My boo ya Afrique.

Aha Amb. Vestine yasabye ko izo ndirimbo zitazongera gucurangwa yaba kuri Television no kuri Radio.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago