RWANDA

‘Ikiganza mu kindi n’umugabo wanjye’ Miss Elsa Iradukunda akomeje gushimangira urwo akunda umugabo we Prince Kid

Iradukunda Elsa wabaye Miss Rwanda 2017 akomeje kwerekena ko akomeje kuryoherwa n’urukundo ahabwa n’umugabo we Prince Kid.

Ibi akomeje kubishimangira mu butumwa ashyira ku mbuga nkoranyambaga ze aho kuri ubu uyu mwali yashyizeho amafoto afatanye ikiganza n’umugabo we.

Aya mafoto yayarengeje amagambo agira ati “Ikiganza mu kindi n’umugabo wanjye.’’ aha kandi yanditse amagambo menshi arimo kwishimira kuba umugabo we yamusohokanye n’ibindi byinshi.

Bigaragara ko bombi basa n’abakoze ubutembere bwakoze ku mutima wa Miss Elsa Iradukunda akanyurwa.

Miss Iradukunda Elsa na Ishimwe Dieudonne wamenyekanye nka Prince Kid ni umugore n’umugabo byemewe n’amategeko.

Prince Kid wamamaye ubwo yari ayoboye kompanyi itegura irushanwa rya Miss Rwanda aherutse gusezerana byemewe n’amategeko na Miss Elsa Iradukunda tariki 2 Werurwe 2023.

Ni nyuma yaho yaravuye mu bibazo byagaragaye muri iyo kompanyi yateguraga Miss Rwanda yitwaga ‘Inspiration Back Up’, ndetse akagaragarizwa gushyigirwa n’uwo mukobwa nawe agahitamo kumwishumbusha amushaka nk’umugore we.

Miss Iradukunda Elsa asezerana n’umugabo we Prince Kid
Prince Kid na Miss Iradukunda Elsa bakundanye igihe
Ibyishimo by’urushako mu maso ya Miss Iradukunda Elsa

Christian

Recent Posts

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

20 minutes ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

41 minutes ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

3 days ago

U Burundi bwavuze ko ntaho buhuriye n’igitero cyagabwe i Bukavu

Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…

3 days ago