Umunya Kenya Brenda Akinyi Ochola wamamaye mu gukoresha cyane urubuga rwa Instagram yapfuye mu gihe bivugwa ko yacuruzaga ibiyobyabwenge.
Amakuru aturuka mu bitangazamakuru byo muri iki gihugu avuga ko Brenda Akinyi Ochola uzwi cyane ku izina rya Brendalicious, yapfiriye muri Malaysia, ni mu gihe bivugwa ko yazize Cocaine yaturikanwe mu nda ye ubwo yaragiye kuyicuruza.
Bivugwa ko ubwo yarageze ku kibuga cy’indege cya Malaysia, uyu mukobwa yatangiye gusa nuhindura imyitwarire, bituma abashinzwe umutekano batangira ku mwibazaho.
Muri ako kanya uwo mukobwa ngo yaguye hasi aho atangira kubira urufuro mukanwa.
Imbaraga zo kumukiza zagaragaza ko haricyo afite mu nda ye.
N’ubwo hari amakuru ataremezwa neza, avuga ko uwo mukobwa bamusanzemo udufuko tw’udufu 34 tw’ibiyobyabwenge bitemewe.
Ku mbuga nkoranyambaga z’uyu mukobwa Brenda zerekana ko yakoraga ingendo ze zidasanzwe zirimo kugira ibiruhuko byiza, n’ubuzima buhenze.
Nyuma y’urupfu rwe, abakoresha imbuga nkoranyambaga bagiye ku mbuga zitandukanye bagira icyo bamuvugaho.
Benshi bagiye bagaruka uburyo uwo mukobwa yari mwiza ariko batazi ko yarasanzwe acuruza ibiyobyabwenge, bamusabira kuruhikira mu mahoro.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…