Perezida Kagame aragirira uruzinduko rw’akazi muri Tanzania
Kuri uyu wa Kane, biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame agirira urizinduko rw’akazi rw’iminsi 2 muri Tanzania, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki gihugu.
Perezida Kagame amaze iminsi mu ngendo aho mu cyumweru cyashize yasuye ibihugu byo mu burengerazuba bwa Afurika birimo Guinea Bissau, Guinea Conakry na Benin.
Kuri ubu agiye kwerekeza muri Tanzania, igihugu gisanzwe gifitanye umubano mwiza n’u Rwanda.
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yakoreye urugendo rw’iminsi ibiri mu Rwanda tariki ya 02 na 03 Kanama 2021.
Urwo rwari urugendo rwe rwa mbere agiriye mu Rwanda kuva yatangira kuyobora Tanzania muri Werurwe 2021 asimbuye Dr. John Pombe Magufuli wari umaze kwitaba Imana.
Perezida Kagame yaganiriye na Madamu Samia Suluhu ku kurushaho guteza imbere umubano w’ibihugu byombi, icyo gihe kandi umukuru w’igihugu cya Tanzania yanasuye ibikorwa bitandukanye birimo n’uruganda ruteranyirizwamo imodoka mu Rwanda rwa VolskWagen ruherereye mu cyanya cy’inganda i Masoro.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…