Urwego rw’ Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruravuga ko rumaze iminsi ibiri rufunze umurezi wo mu kigo cy’amashuri cyo mu Karere ka Bugesera rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abahungu yigishaga.
Amakuru avuga ko uwo murezi yasambanyije abana 10 basanzwe biga muri icyo kigo giherereye mu Murenge Mayange.
Ubuvugizi bw’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha buvuga ko iperereza ry’ibanze uru rwego rwakoze ryagaragaje ko bihe bitandukanye uriya mwarimu yasambanyije abana 10 b’abahungu yigishaga.
Ni abana bari bafite imyaka iri hagati 14-18.
Umwarimu ukurikiranyweho biriya byaha bivugwa ko yahamagaraga abo bana umwe kuri umwe bamaze gukora ibizamini, akabakorakora ku gitsina agamije ‘ishimishamubiri’.
Ucyekwaho ibyo byaha afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyamata, mu gihe dosiye ye iri gukorwa ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha.
Icyaha cyo gusambanya umwana gihanwa n’ingingo ya 4 y’ itegeko nº69/2019 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Iyo ugushinjwa kimuhamye, akatirwa igifungo kitari munsi y’imyaka makumyabiri (20) ariko kitarenze imyaka makumyabiri n’itanu (25).
Iyo umuntu mukuru asambanyije umwana uri munsi y’imyaka cumi n’ine (14), igihano kiba igifungo cya burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha.
Ubugenzacyaha bwibutsa abantu bose ko icyaha cyo gusambanya abana ari ‘icyaha cy’ubugome’ kandi kitihanganirwa.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…