Ndanda ufitanya abana babiri na Anita Pendo yibarutse ubuheture
Ndanda wabyarana abana babiri n’umunyamakurukazi Anitha Pendo yibarutse ubuheture ku mugore baherutse kurushinga.
Nizeyimana Alphonse wamenyekanye nka Ndanda ubwo yakinaga umupira w’amaguru nk’umunyezamu ari mu byishimo bikomeye byo kwibaruka umwana wa gatatu n’umugore we mushya.
Tariki 8 Nyakanga 2021 nibwo Ndanda n’umugore we Grace basezeranye imbere y’amategeko.
Amakuru yemeza ko uyu muryango wibarutse umwana wabo w’imfura kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023.
Ndanda kuri ubu asigaye atuye mu gihugu cy’Ubwongereza aho umukunzi we yarasanzwe atuye, yasezeranye n’umukunzi we nyuma y’igihe gito atangaje ko yahagaritse ibyo gukina umupira w’amaguru.
Nizeyimana Alphonse Ndanda yasezeye umupira nyuma yo kunyura mu makipe akomeye nka Rayon Sports, Mukura VS, AS Kigali n’andi.
Mu minsi ishize ni bwo hatangiye kwamamazwa Filime ‘Intandaro y’Ikibi’ yakinnyemo, icyakora avuga ko atari ibintu agiye kugira umwuga ahubwo yayikinnyemo ashyigikira inshuti ye.
Anita na Ndanda batangiye kuvugwa mu rukundo mu 2016 ndetse uwo mwaka bibaruka umuhungu w’imfura witwa Tiran.
Mu Ukwakira 2018 nibwo yabyaye umuhungu wa kabiri, ariko nyuma y’ibyumweru bibiri Ndanda ahishura ko urugo rwabo rwasenyutse.
Muri bose nta wavuze icyo bapfuye, gusa mu magambo uyu mugabo yashyize kuri Instagram yashimangiraga ko azakomeza kwita ku bana be.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…