IMYIDAGADURO

Ndanda ufitanya abana babiri na Anita Pendo yibarutse ubuheture

Ndanda wabyarana abana babiri n’umunyamakurukazi Anitha Pendo yibarutse ubuheture ku mugore baherutse kurushinga.

Advertisements

Nizeyimana Alphonse wamenyekanye nka Ndanda ubwo yakinaga umupira w’amaguru nk’umunyezamu ari mu byishimo bikomeye byo kwibaruka umwana wa gatatu n’umugore we mushya.

Tariki 8 Nyakanga 2021 nibwo Ndanda n’umugore we Grace basezeranye imbere y’amategeko.

Amakuru yemeza ko uyu muryango wibarutse umwana wabo w’imfura kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023.

Ndanda usigaye utuye mu Bwongereza yamaze kwibaruka ubuheture ku mugore mushya

Ndanda kuri ubu asigaye atuye mu gihugu cy’Ubwongereza aho umukunzi we yarasanzwe atuye, yasezeranye n’umukunzi we nyuma y’igihe gito atangaje ko yahagaritse ibyo gukina umupira w’amaguru.

Nizeyimana Alphonse Ndanda yasezeye umupira nyuma yo kunyura mu makipe akomeye nka Rayon Sports, Mukura VS, AS Kigali n’andi.

Mu minsi ishize ni bwo hatangiye kwamamazwa Filime ‘Intandaro y’Ikibi’ yakinnyemo, icyakora avuga ko atari ibintu agiye kugira umwuga ahubwo yayikinnyemo ashyigikira inshuti ye.

Anita na Ndanda batangiye kuvugwa mu rukundo mu 2016 ndetse uwo mwaka bibaruka umuhungu w’imfura witwa Tiran.

Mu Ukwakira 2018 nibwo yabyaye umuhungu wa kabiri, ariko nyuma y’ibyumweru bibiri Ndanda ahishura ko urugo rwabo rwasenyutse.

Muri bose nta wavuze icyo bapfuye, gusa mu magambo uyu mugabo yashyize kuri Instagram yashimangiraga ko azakomeza kwita ku bana be.

Abana Ndanda yabyaranye n’umunyamakurukazi Anita Pendo

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago