Nyuma y’uko imvura nyinshi iguye mu mpera z’iki Cyumweru, amazi akuzura umuhanda Muhanga-Ngororero bikaba ngombwa ko uwo muhanda ufungwa, Polisi y’u Rwanda yamenyesheje abakoresha uwo muhanda ko wongeye kuba nyabagendwa.
Umuhanda Rubavu-Rutsiro ndetse na Rubavu-Musanze yarangijwe cyane bitewe n’inkangu n’imyuzure by’imvura yaguye igasiga ufunzwe.
Itangazo Polisi yanyujije ku mbuga nkoranyambaga riragira riti “Turabamenyesha ko ubu imihanda Rubavu- Rutsiro na Rubavu- Musanze ifunguye ku binyabiziga byose.”
“Umuhanda Ngororero-Muhanga ubu ni nyabagendwa.”.
Umuhanda Muhanga-Rutsiro-Rubavu uri mu wibasiwe n’ibiza by’imvura, aho amazi menshi yatewe n’imvura yaguye mu ijoro ryo kuwa 2 rishyira 3 Gicurasi 2023, ukangirika bikomeye.
Ukunzwe kandi kwibasirwa n’ibyondo bituruka mu misozi byiroha mu muhanda bikawufunga, hakiyongeraho no kuridukirwa n’inkangu kubera imikingo iwugize ifite ubuhaname burebure.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…