Umuhanda wa Ngororero-Muhanga wongeye kuba nyabagendwa ku binyabiziga byose

Nyuma y’uko imvura nyinshi iguye mu mpera z’iki Cyumweru, amazi akuzura umuhanda Muhanga-Ngororero bikaba ngombwa ko uwo muhanda ufungwa, Polisi y’u Rwanda yamenyesheje abakoresha uwo muhanda ko wongeye kuba nyabagendwa.

Umuhanda Rubavu-Rutsiro ndetse na Rubavu-Musanze yarangijwe cyane bitewe n’inkangu n’imyuzure by’imvura yaguye igasiga ufunzwe.

Itangazo Polisi yanyujije ku mbuga nkoranyambaga riragira riti “Turabamenyesha ko ubu imihanda Rubavu- Rutsiro na Rubavu- Musanze ifunguye ku binyabiziga byose.”

“Umuhanda Ngororero-Muhanga ubu ni nyabagendwa.”.

Umuhanda Muhanga-Rutsiro-Rubavu uri mu wibasiwe n’ibiza by’imvura, aho amazi menshi yatewe n’imvura yaguye mu ijoro ryo kuwa 2 rishyira 3 Gicurasi 2023, ukangirika bikomeye.

Ukunzwe kandi kwibasirwa n’ibyondo bituruka mu misozi byiroha mu muhanda bikawufunga, hakiyongeraho no kuridukirwa n’inkangu kubera imikingo iwugize ifite ubuhaname burebure.

Umuhanda Ngororero Muhanga wongeye kuba nyabagendwa ku binyabiziga byose

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *