RWANDA

Kigali: Uduce twa kajagari tugiye kuba amateka mu mwaka umwe

Umujyi wa Kigali wahisemo ko mu mwaka umwe uduce tumwe na tumwe tugaragaza ko turi mu kajagari tugomba kuba twabaye isibaniro.

Advertisements

Imiturire y’iyi mirenge yiganjemo aho Umujyi wa Kigali wamaze kwemeza ko hashyira ubuzima bw’abahatuye mu kaga, ugasaba abahatuye kwimuka.

Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Igenamigambi ry’Imiturire n’Imitunganyirize y’Umujyi wa Kigali, Muhirwa Marie Solange, yatangarije ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA ko hari gukorwa umushinga wo kuvugurura uburyo bw’imiturire ahantu hatandukanye, ku buryo hadakomeza kwitwa amanegeka.

Yavuze ko hari gutunganywa ruhurura zose n’ibindi bikorwa remezo abaturage bakenera, ndetse na bo bakavugurura inyubako zabo ku buryo aho bizakorwa hazaba hatagishyira ubuzima bw’abahatuye mu kaga.

Ati “Nk’aha mu Biryogo murabona ko twashyizemo ibikorwa remezo by’ibanze n’abaturage bagatangira kuvugurura inzu zabo, ubu ruhurura zimeze neza, nta kibazo kigihari na kariya gace kose nta muntu tukibarira mu manegeka.”

“Ubu uwo mushinga turi kuwukora hano muri Gitega, Rwezamenyo Muhima na Kimisagara na ho twaratangiye, na ho twumva ko hagati y’ukwezi kwa Werurwe na Mata umwaka utaha uwo mushinga uzaba urangiye, ku buryo na kariya gace kose tuvuga ngo nta muntu twaba tukibarura mu bantu batuye mu manegeka.”

Imibare y’Umujyi wa Kigali igaragaza ko ibibanza 24.444 biri mu mirenge 35 igize uyu mujyi birimo inzu zigera ku bihumbi 27, ari byo bigaragara ko abazituramo baba batuye ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Ni ukuvuga ugendeye kuri za ruhurura zihari, ari ahantu hadashobora kugerwa mu buryo bw’ubutabazi.

Muhirwa yavuze ko hazakomeza no kubakwa imidugudu y’icyitegererezo ituzwamo abantu benshi hakoreshejwe ubutaka buto.

Avuga ko mu mushinga wiswe ‘Mpazi’ wo gutuza neza abava mu kajagari mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge hamaze gutuzwa neza imiryango 110 ku butaka bwari butuweho n’imiryango 30 gusa.

Mu mwaka wa 2016, mu Mujyi wa Kigali habarurwaga imiryango ibihumbi 34 yari ituye ahantu hashyira ubuzima bwayo mu kaga.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago