INKURU ZIDASANZWE

Umushoramari Dubai wubatse umudugudu w’Urukumbuzi’ yahakanye ibyo aregwa mu rukiko

Uwitwa Nsabimana, Rwamulangwa Stephen, Mberabahizi Chretien Raymond, Nyirabihogo Jeanne d’Arc na Nkurikiyimfura Theopiste bitabye urukiko rw’ibanze rwa Gasabo kuri uyu wa Kane aho baburana ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

Rwamulangwa, Mberabahizi na Nyirabihogo bari abayobozi mu Karere ka Gasabo, bashinjwa gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu zabo bwite mu mushinga w’Urukumbuzi Ltd wo kubaka inzu ziciriritse 300 mu murenge wa Kinyinya.

Ubushinjacyaha bwabwiye urukiko ko mu 2013 Dubai yagiranye amasezerano n’akarere ka Gasabo yo kuba inzu ziciriritse 300 aho yubatse 120 zirimo esheshatu zigeretse.

Izo nzu zagenzuwe mu 2015 na Rwanda Housing Authority yerekana ko zitujuje ubuziranenge muri fer a beton n’imbaho zakoreshwaga.

Mu kwiregura kwe, Nsabimana Dubai yavuze ko yubatse umudugudu mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo no gushakira aho kuba ku bafite ubushobozi buciriritse. Yahakanye ko izo nzu yagurishaga guhera kuri miliyoni 15 Frw kugeza kuri miliyoni 45 Frw zagiye zigurwa n’amabanki, azigurira abafashe inguzanyo, kandi zabanzaga gusuzumwa n’abagenagaciro n’abagenzuzi bayo.

Yavuze ko abakozi b’Ibiro bya Minisitiri w’intebe ari bo babanje kuhatura kandi bazanye abahanga mu bwubatsi bemeza ko nta kibazo izo nzu zifite.

Nyirabihogo uregwa muri uru rubanza, we yagize ati: “Imidugudu yubakwa mu karere ka Gasabo ntigenzurwa n’akarere ahubwo igenzurwa n’umujyi wa Kigali hamwe na Rwanda Housing Autority”.

Yungamo ati “si n’uyu wo kwa Dubayi mvuga gusa kuko n’undi wa Vision City nawo wubatse mu karere ka Gasabo nta burenganzira akarere gafite bwo kuwugenzura.” None se abafunzwe bafungiwe iki? kuki tutabona se abakoraga muri izo nzego zindi nabo bafunzwe ko kugenzura uyu mudugudu ari bo byarebaga?.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago