MU MAHANGA

Intare yarishaje muri Afurika yiciwe muri Kenya

Nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwo muri Kenya bwavuze ko intare y’ingabo yabarizwaga mu ishyamba ikekwaho kuba ariyo yarishaje cyane muri Afurika kandi ikaba ari imwe mu za kera cyane ku isi, yapfuye nyuma yo guterwa amacumu n’abahigi.

Iyi ntare yiswe Loonkiito, ifite imyaka 19, yapfiriye mu cyaro cyahitwa Olkelunyiet mu ijoro ryo ku wa gatatu, tariki ya 10 Gicurasi nyuma yo abahigi barimo guhiga inyamaswa.

Intare yarishaje ku Isi yiciwe muri Kenya ku myaka 19

Iki cyaro gihana imbibi na parike y’igihugu ya Amboseli, mu Majyepfo ya Kenya.

Itsinda rishinzwe kubungabunga ibyerekeye Intare zo mu ishyamba zavuze ko iyo Ntare ariya kera cyane kandi bishoboka ko ikomoka muri Afurika”. Intare nyinshi ziba hafi imyaka 13 mw’ishyamba nibura.

Nk’uko ikigo gishinzwe inyamaswa ku Isi kibivuga ngo intare hafi ya zose ziba muri Afurika.

Ku wa gatanu tariki ya 12 Gicurasi, umuvugizi w’ishami ry’ibinyabuzima rya Kenya (KWS), Paul Jinaro, yatangaje ko iyo intare yari ishaje kandi ifite intege nke maze irimo izerera mu cyaro ivuye muri parike ishakisha ibyo kurya.

Jinaro ntabwo yemeje niba ariyo intare ishaje cyane mu gihugu cyabo ariko avuga ko “ariyo yarishaje cyane”.

Impuzandengo yo kubaho kw’Intare ni imyaka 13 mwishyamba, nubwo zishobora kubaho igihe kinini mu bwihisho.

Christian

Recent Posts

Umutoza w’Amavubi Torsten yahamagaye abakinnyi ashobora kuzifashisha mu gushaka itike ya CHAN

Umutoza w'ikipe y'igihugu 'Amavubi' Torsten Spittler yahamagaye abakinnyi 26 ashobora kuzakuramo azifashisha mu gushaka itike…

2 days ago

Itorero ‘Zeraphat Holy Church’ ryasabwe gufunga imiryango, rinamburwa ubuzima gatozi

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rwamaze guhagarika ibikorwa byose rinambura ubuzima gatozi, itorero Zeraphat Holy Church…

3 days ago

Bamporiki Edouard na CG (Rtd) Emmanuel Gasana mu bantu 32 bahawe imbabazi n’umukuru w’igihugu Paul Kagame

Mu byemezo by'inama y'Abaminisitiri yateranye kuwa gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ikayoborwa na Perezida wa…

3 days ago

Perezida wa Kenya William Ruto yashyizeho Visi Perezida mushya

Nyuma y'uko Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua yegujwe na Sena, Umukuru w'iki gihugu yemeje…

4 days ago

Byemejwe ko Liam Payne wahoze mu itsinda ‘One Direction’ yapfuye yiyahuye

Nyuma y'uko kuwa 16 Ukwakira 2024, inkuru y'incamugongo yasesekaye mu bakunzi by'umuziki by'umwihariko abakundaga itsinda…

4 days ago

Umugabo agiye kurongora abagore babiri umunsi umwe

Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ovoderie Stephen washyize hanze ubutumire bw'ubukwe bwo…

4 days ago