Nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwo muri Kenya bwavuze ko intare y’ingabo yabarizwaga mu ishyamba ikekwaho kuba ariyo yarishaje cyane muri Afurika kandi ikaba ari imwe mu za kera cyane ku isi, yapfuye nyuma yo guterwa amacumu n’abahigi.
Iyi ntare yiswe Loonkiito, ifite imyaka 19, yapfiriye mu cyaro cyahitwa Olkelunyiet mu ijoro ryo ku wa gatatu, tariki ya 10 Gicurasi nyuma yo abahigi barimo guhiga inyamaswa.
Iki cyaro gihana imbibi na parike y’igihugu ya Amboseli, mu Majyepfo ya Kenya.
Itsinda rishinzwe kubungabunga ibyerekeye Intare zo mu ishyamba zavuze ko iyo Ntare ariya kera cyane kandi bishoboka ko ikomoka muri Afurika”. Intare nyinshi ziba hafi imyaka 13 mw’ishyamba nibura.
Nk’uko ikigo gishinzwe inyamaswa ku Isi kibivuga ngo intare hafi ya zose ziba muri Afurika.
Ku wa gatanu tariki ya 12 Gicurasi, umuvugizi w’ishami ry’ibinyabuzima rya Kenya (KWS), Paul Jinaro, yatangaje ko iyo intare yari ishaje kandi ifite intege nke maze irimo izerera mu cyaro ivuye muri parike ishakisha ibyo kurya.
Jinaro ntabwo yemeje niba ariyo intare ishaje cyane mu gihugu cyabo ariko avuga ko “ariyo yarishaje cyane”.
Impuzandengo yo kubaho kw’Intare ni imyaka 13 mwishyamba, nubwo zishobora kubaho igihe kinini mu bwihisho.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…