IMIKINO

Icyamamare muri WWE Billy Graham ubuzima bwe buri mu kaga

Billy Graham wabaye icyamamare mu mukino wa WWE ubu ari mubuzima bugoye kandi umuryango we wavuze ko ikibazo cye gikomeye.

Kuwa mbere tariki 15 Gicurasi, Valerie umugore w’uyu mukinnyi uzwiho kuba yarubatse umubiri no guterura ibiremeye yatangaje amakuru y’ubuzima bwe avuga ko butameze neza.

Yagize ati “Nyamuneka amasengesho akenewe ku mugabo wanjye, abaganga barashaka kumukura mu bibazo by’ubuzima arimo gufashwamo muri iri joro, bikomeje kuncanga.”

Konti ya GoFundMe yashyiriweho Graham yerekanye ko uyu mugabo w’imyaka 79 afite “ibibazo byinshi by’ubuzima bukomeye” kandi amaze ibyumweru birenga bitatu muri ICU (Ahakenerwa ubufasha bw’abaganga bwihariye).

Uyu mugabo uri mu bubatse umubiri yigeze kugira uburwayi bukomeye mu matwi no kuvunika kwigufwa ryo mu gahanga, kunanirwa k’umutima, diyabete, no kutumva. Umuryango we wavuze ko aherutse no gutakaza ibiro 45.

Billy Graham akomeje gutabarizwa ubuzima bwe buri mu kaga

Graham yazamutse cyane mu ishyirahamwe ry’imikino yo muri Amerika yabateruye ibiremereye ndetse na nyuma yaho akomera muri federasiyo y’imikino yo ku rwego rw’Isi.

Mu 2004, Graham wiyitaga nka Hulk Hogan yatowe muri WWE na bagenzi be barimo Jesse Ventura, Scott Steiner, na Ric Flair nka bamwe mu banyabigwi b’ibihe byose muri uwo mukino.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago