INKURU ZIDASANZWE

Rusizi: Inzu 3 z’umuturage zibasiwe n’inkongi y’umuriro

Amakuru aravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu 16 Gicurasi ahagana Saa kumi n’ebyiri za mu gitondo nibwo inzu 3 z’abaturage ziherereye mu mudugudu wa Burunga, mu kagari ka Gihundwe mu Murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi zafashwe n’inkongi y’umuriro nk’uko ubuyobizi bwabitangaje.

Inkuru dukesha UMUSEKE iravuga ko izo nzu zari z’umugabo witwa Muzehe Anicet yabagamo n’umuryango we, n’abandi bazikodesha biravugwa ko zari zifite agaciro ka miliyoni 20 Frw ariko zikaba nta bwishingizi zagiraga.

Inzu yafashwe n’inkongi y’umuriro irangirika bikomeye

Muzeye Anicet yatangarije UMUSEKE ko ubwe yarahari ubwo ibyo byabaga, abandi bari mu kazi ko hanze ngo babatabare ibintu byakomeye asohotse, asanga umuriro wabaye mwinshi. Yarwanye ku bana be arabasohora, nta muntu wahiriyemo, ibindi byose byangiritse bifite agaciro ka miliyoni 20 Frw.

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya inkongi, ryatabaye rizimya umuriro.

Abaturage bitegereza ibyabaye


Bayavuge Antoine, umwe mu baturage bahageze bwa mbere batabaye yavuze ko yasanze bamaze gusohora ibikoresho bikeya, kuko ngo ibyinshi byahiriyemo.


Ati “Nta muntu wahiriyemo, keretse abakomeretse gakeya”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe Iyakaremye Jean Pierre, yatangaje ko iyi nkongi yatewe na Gaz ndetse ko ibikoresho byo mu nzu byangiritse bitaramenyekana agaciro kabyo, gusa nta muntu wahiriyemo.

Ati “Baduhamagaye saa kumi n’ebyiri batubwira ko habaye inkongi, duhita dutabara. Dufite amahirwe ko dufite kizimyamwoto, Police yahise itabara.”

Yavuze ko nta bwishingizi nyiri inzu afite, nyuma yo kubarura ibyangiritse, ngo ubuyobozi burareba niba hari icyo bwafasha abagizweho ingaruka n’inkongi.

Uyu muyobozi mu butumwa yatanze yasabye abaturage kugira ubwishingizi bw’inzu zabo, no kumenya imikoreshereze ya Gaz.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago