Davido avuga ko yabanye n'umugore we Chioma mbere yo kumenyana bihagije
Umuhanzi David Adeleke wamamaye nka Davido mu muziki akaba akomoka mu gihugu cya Nigeria yasinyanye amasezerano n’uruganda rwa Sony Music ruzwiho gukorana n’ibyamamare bikomeye ku Isi.
Ibyishimo bikomeje gusanganira uyu muhanzi watsindiye ibihembo mpuzamahanga byinshi bitandukanye abikesheje ibikorwa bye bya muzika.
Davido yongeye gushyira umukono ku masezerano yo gukorana n’uruganda rwa Sony Music bikaba bivugwa ko yahawe akayabo kaza miliyoni y’amadorali y’Amerika kugira ngo abashe gukorana n’uru ruganda rukomeye ku Isi mu gutunganya umuziki.
Kongera amasezerano byemejwe n’umuririmbyi ubwe n’umuhagarariye mu by’amategeko, BFA & Co Legal firm mu myanya itandukanye aho yabisangije abinyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri wa gatanu, 19 Gicurasi 2023.
Gutangaza ibyo bikurikiye andi makuru yaramaze gutangaza y’umuzingo (album) we yise ‘Timeless’ ukomeje gukora amateka ku Isi, nyuma yo kuyishyira hanze tariki 31 Werurwe 2023, ukaba umaze kumvwa n’abarenga miliyari ku mbuga zicururizwaho imiziki ku Isi.
Aha kandi yanagaragaje ibihugu agomba gukoreramo ibitaramo abizenguruka hirya no hino.
Ikigo cya Sony Music Entertainment kandi ifitanye imikorere na RCA Records, Colombia Records, Epic Records n’izindi nyinshi.Sony Music isanzwe ibarizwamo ibihangange mu ruhando rwa muziki aharimo Beyonce na SZA, umuraperi Future, n’abandi benshi.
Ikigo cya Sony Music Entertainment kandi ifitanye imikorere na RCA Records, Colombia Records, Epic Records n’izindi nyinshi.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…