IMIKINO

Nyuma yuko ‘Amavubi’ atewe mpaga na Bénin, uwari Team Manager wayo yeguye

Amakuru y’ubwegure bwa Rutayisire wari umaze imyaka itanu ari umukozi ashinzwe gukurikirana imibereho y’amakipe y’igihugu muri FERWAFA, yamenyekanye mu ijoro ryakeye.

Advertisements

Uyu mugabo yeguye nyuma y’uko muri iki cyumweru Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ yatewe mpaga y’ibitego 3-0 na Bénin, bituma umukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika amakipe yombi yari yaraguyemo miswi y’igitego 1-1 ahinduka impfabusa ku ruhande rw’u Rwanda.

Amavubi yatewe mpaga nyuma yo gukinisha Kevin Muhire umukino wo mu tsinda L yari yakiriyemo Bénin ku wa 29 Mata 2023. Ni Kevin Muhire wari utemerewe gukina uyu mukino kuko yari yareretswe amakarita abiri y’umuhondo mu mikino ibiri yari yabanje.

Nyuma y’uko u Rwanda rwari rumaze guterwa mpaga Rutayisire ni we washyizwe mu majwi, ashinjwa kuba nka Team Manager yaragize uburangare bikarangira atanditse ikarita y’umuhondo Muhire Kevin yari yaraboneye mu mukino wa gatatu wo mu tsinda L u Rwanda na Bénin banganyirijemo igitego 1-1 i Cotonou.

Iyi karita ni yo yatumye Amavubi aterwa mpaga.

Rutayisire Jackson yafashe icyemezo cyo kwegura mu kipe y’igihugu ’Amavubi’ nyuma y’iminsi ibiri Minisiteri ya Siporo yiyemeje gukurikirana icyihishe inyuma ya mpaga yatewe Amavubi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago