Amakuru y’ubwegure bwa Rutayisire wari umaze imyaka itanu ari umukozi ashinzwe gukurikirana imibereho y’amakipe y’igihugu muri FERWAFA, yamenyekanye mu ijoro ryakeye.
Uyu mugabo yeguye nyuma y’uko muri iki cyumweru Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ yatewe mpaga y’ibitego 3-0 na Bénin, bituma umukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika amakipe yombi yari yaraguyemo miswi y’igitego 1-1 ahinduka impfabusa ku ruhande rw’u Rwanda.
Amavubi yatewe mpaga nyuma yo gukinisha Kevin Muhire umukino wo mu tsinda L yari yakiriyemo Bénin ku wa 29 Mata 2023. Ni Kevin Muhire wari utemerewe gukina uyu mukino kuko yari yareretswe amakarita abiri y’umuhondo mu mikino ibiri yari yabanje.
Nyuma y’uko u Rwanda rwari rumaze guterwa mpaga Rutayisire ni we washyizwe mu majwi, ashinjwa kuba nka Team Manager yaragize uburangare bikarangira atanditse ikarita y’umuhondo Muhire Kevin yari yaraboneye mu mukino wa gatatu wo mu tsinda L u Rwanda na Bénin banganyirijemo igitego 1-1 i Cotonou.
Iyi karita ni yo yatumye Amavubi aterwa mpaga.
Rutayisire Jackson yafashe icyemezo cyo kwegura mu kipe y’igihugu ’Amavubi’ nyuma y’iminsi ibiri Minisiteri ya Siporo yiyemeje gukurikirana icyihishe inyuma ya mpaga yatewe Amavubi.
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…