INKURU ZIDASANZWE

Agakiriro ka Gisozi kafashwe n’inkongi y’Umuriro

Agace kazwiho gukorerwamo ubucuruzi bwa Gakiriro gaherereye ku Gisozi kafashwe n’inkongi y’umuriro ikomeye.

Ni mu Kagari ka Musezero, Umurenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Bamwe mu babonye ibyo bavuga ko bataramenya ibyangirikiwe muri uwo muriro mwinshi wibasiye bimwe mu bikorwa bisanzwe bikorerwaho.

APARWA isanzwe ituye hafi y’igishanga ni kamwe mu gace kibasiwe bikomeye n’iy’inkongi, aho bivugwa ko zimwe muri za matelas n’imbaho aribyo byateje umuriro mwinshi.

Umwe mu baturage bahaye amakuru DomaNews witwa Theoneste yatubwiye ko bagiye kubona bakabona bimwe mu bice byaho kandi ngo byaje kugorana ko zimwe mu modoka za polisi zizimya umurimo kugezayo ibikoresho byazigoye kuhagera kubera uburyo bwaho hano hateye.

Ibyinshi byafashwe n’inkongi y’umuriro

Ati “Nubwo Polisi yagerageje kuhagera byihuse, byagoranye kugira ngo igeze ibikoresho byayo kuhibasiwe n’inkongi, kuko harahanamye kandi haroroshye.”

Akomeza avuga ko benshi bagize ubwoba gusa nta muntu biremezwa ko yahiriye muri uwo muriro.

Si inkuru ko Agakiriro ka Gisozi kibasiwe n’inkongi y’umuriro, aho akenshi bikunze kuba kubera uburyo hacucitse ndetse ngo bikaba biterwa n’iturika ry’amashanyarazi rya hato na hato kubera uburyo rikozwe nabi cyangwa bigaterwa n’ibishashi by’umuriro iyo baba barimo basudira.

Agakiriro ka Gisozi ahazwi nka APARWA kibasiwe bikomeye n’inkongi y’umuriro

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago