UBUZIMA

DRC: Perezida Tshisekedi yasuye mu bitaro abaherutse gukomerekera mu myigaragambyo

Benshi bakomerekeye mu myigaragambyo yari yateguwe n’abanyapolitike batavugwa rumwe n’Ubutegetsi ba DRC kuwa gatandatu washize mu Mujyi wa Kinshasa basuwe mu bitaro n’umukuru w’icyo gihugu Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo.

Advertisements

Iyi myigaragambyo yari yitabiriwe n’abanyapolitiki barimo Moïse Katumbi, Martin Fayulu, Denis Sesanga cyo kimwe na Matata Ponyo bose bo ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kinshasa bwari bwatanze uburenganzira bw’uko iyi myigarambyo iba, gusa kuva mu masaha y’igitondo cyo ku wa Gatandatu humvikanye amasasu menshi yarashwe na Polisi n’igisirikare mu bice bitandukanye byari byateguwemo iyo myigaragambyo ari nako batugota mu rwego rwo kuyiburazamo.

Umunsi wose Polisi yiriwe irwanya n’abashakaga kwigaragambya yifashishije ibiboko, ibyuka biryana mu maso ndetse n’amasasu; ibyatumye abatari bake babikomerekeramo.

Aba bakomeretse bakirwariye kwa muganga ni bo Tshisekedi yasuye mu bitaro kuri uyu wa Mbere.

Mubasuwe na Perezida Tshisekedi harimo n’umwana witwa Roger Masasu wagaragaye mu mashusho ahondagurwa ndetse anicwa urubozo n’abapolisi ba Congo.

Tshisekedi yagiye kwihanganisha bariya baturage mu gihe abatavuga rumwe na we bamushinja kuba nyirabayazana wa ruriya rugomo bakorewe bo n’abayoboke babo.

Guverinoma ya Congo yatangaje ko uretse abaturage bakomeretse hari n’abapolisi 26 bakomerekeye muri iriya myigaragambyo, barimo batatu bakomeretse mu buryo bukomeye.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago