UBUZIMA

DRC: Perezida Tshisekedi yasuye mu bitaro abaherutse gukomerekera mu myigaragambyo

Benshi bakomerekeye mu myigaragambyo yari yateguwe n’abanyapolitike batavugwa rumwe n’Ubutegetsi ba DRC kuwa gatandatu washize mu Mujyi wa Kinshasa basuwe mu bitaro n’umukuru w’icyo gihugu Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo.

Advertisements

Iyi myigaragambyo yari yitabiriwe n’abanyapolitiki barimo Moïse Katumbi, Martin Fayulu, Denis Sesanga cyo kimwe na Matata Ponyo bose bo ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kinshasa bwari bwatanze uburenganzira bw’uko iyi myigarambyo iba, gusa kuva mu masaha y’igitondo cyo ku wa Gatandatu humvikanye amasasu menshi yarashwe na Polisi n’igisirikare mu bice bitandukanye byari byateguwemo iyo myigaragambyo ari nako batugota mu rwego rwo kuyiburazamo.

Umunsi wose Polisi yiriwe irwanya n’abashakaga kwigaragambya yifashishije ibiboko, ibyuka biryana mu maso ndetse n’amasasu; ibyatumye abatari bake babikomerekeramo.

Aba bakomeretse bakirwariye kwa muganga ni bo Tshisekedi yasuye mu bitaro kuri uyu wa Mbere.

Mubasuwe na Perezida Tshisekedi harimo n’umwana witwa Roger Masasu wagaragaye mu mashusho ahondagurwa ndetse anicwa urubozo n’abapolisi ba Congo.

Tshisekedi yagiye kwihanganisha bariya baturage mu gihe abatavuga rumwe na we bamushinja kuba nyirabayazana wa ruriya rugomo bakorewe bo n’abayoboke babo.

Guverinoma ya Congo yatangaje ko uretse abaturage bakomeretse hari n’abapolisi 26 bakomerekeye muri iriya myigaragambyo, barimo batatu bakomeretse mu buryo bukomeye.

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

37 seconds ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

7 months ago