INKURU ZIDASANZWE

Goma: Umuryango w’umugabo, umugore n’abana bishwe n’inkongi y’umuriro washenguye benshi

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 22 Gicurasi 2023, mu Burasizuba bwa DR Congo mu Mujyi wa Goma habaye inkongi y’umuriro wishe abantu barindwi.

N’inkuru ikomeje kugarukwaho cyane mu bitangazamakuru bitandukanye kubera urupfu rw’agashinyaguro bamwe mu bapfuye n’uwo muriro barimo n’umuryango warugizwe n’umugabo, umugore n’abana be batatu baguye murugo rwabo ahazwi nka ‘quartier’ Himbi mu mujyi wa Goma.

Iyo nkongi yabaye mu ijoro ryo kuwa 22 rishyira 23 Gicurasi, yakomeje gukwirakwira henshi kandi bamwe mu babibonye banenga ku bushobozi bw’ubutabazi ko buri hasi bwa Goma.

Abaguye muri iyo nkongi y’umuriro nk’uko byatangajwe n’ubutegetsi bwa gisirikare bw’intara ya Kivu ya Ruguru harimo Kaninda Joseph, umugore we Astrida wari utwite, abana babo batatu bato, n’umukozi wabakoreraga mu rugo.

Icyakora cyo n’ubwo hataramenyekana icyateye iyo mpanuka benshi ntibatinya kuvuga ko byaba bishoboka ko cyaba ari igikorwa cy’ubugome.

Muri iyo nzu yaguye umuryango wa Kaninda umuyobozi yavuze ko yavaye ivu, ndetse imirambo y’abanyakwigendera yavanywe muri iyo nzu ahari umucamanza n’umukuru w’umujyi wa Goma ikajyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro mbere y’imihango yo kubashyirangura iteganyijwe nyuma.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago