INKURU ZIDASANZWE

Goma: Umuryango w’umugabo, umugore n’abana bishwe n’inkongi y’umuriro washenguye benshi

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 22 Gicurasi 2023, mu Burasizuba bwa DR Congo mu Mujyi wa Goma habaye inkongi y’umuriro wishe abantu barindwi.

N’inkuru ikomeje kugarukwaho cyane mu bitangazamakuru bitandukanye kubera urupfu rw’agashinyaguro bamwe mu bapfuye n’uwo muriro barimo n’umuryango warugizwe n’umugabo, umugore n’abana be batatu baguye murugo rwabo ahazwi nka ‘quartier’ Himbi mu mujyi wa Goma.

Iyo nkongi yabaye mu ijoro ryo kuwa 22 rishyira 23 Gicurasi, yakomeje gukwirakwira henshi kandi bamwe mu babibonye banenga ku bushobozi bw’ubutabazi ko buri hasi bwa Goma.

Abaguye muri iyo nkongi y’umuriro nk’uko byatangajwe n’ubutegetsi bwa gisirikare bw’intara ya Kivu ya Ruguru harimo Kaninda Joseph, umugore we Astrida wari utwite, abana babo batatu bato, n’umukozi wabakoreraga mu rugo.

Icyakora cyo n’ubwo hataramenyekana icyateye iyo mpanuka benshi ntibatinya kuvuga ko byaba bishoboka ko cyaba ari igikorwa cy’ubugome.

Muri iyo nzu yaguye umuryango wa Kaninda umuyobozi yavuze ko yavaye ivu, ndetse imirambo y’abanyakwigendera yavanywe muri iyo nzu ahari umucamanza n’umukuru w’umujyi wa Goma ikajyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro mbere y’imihango yo kubashyirangura iteganyijwe nyuma.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago