UBUZIMA

DRC: Perezida Tshisekedi yasuye mu bitaro abaherutse gukomerekera mu myigaragambyo

Benshi bakomerekeye mu myigaragambyo yari yateguwe n’abanyapolitike batavugwa rumwe n’Ubutegetsi ba DRC kuwa gatandatu washize mu Mujyi wa Kinshasa basuwe mu bitaro n’umukuru w’icyo gihugu Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo.

Iyi myigaragambyo yari yitabiriwe n’abanyapolitiki barimo Moïse Katumbi, Martin Fayulu, Denis Sesanga cyo kimwe na Matata Ponyo bose bo ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kinshasa bwari bwatanze uburenganzira bw’uko iyi myigarambyo iba, gusa kuva mu masaha y’igitondo cyo ku wa Gatandatu humvikanye amasasu menshi yarashwe na Polisi n’igisirikare mu bice bitandukanye byari byateguwemo iyo myigaragambyo ari nako batugota mu rwego rwo kuyiburazamo.

Umunsi wose Polisi yiriwe irwanya n’abashakaga kwigaragambya yifashishije ibiboko, ibyuka biryana mu maso ndetse n’amasasu; ibyatumye abatari bake babikomerekeramo.

Aba bakomeretse bakirwariye kwa muganga ni bo Tshisekedi yasuye mu bitaro kuri uyu wa Mbere.

Mubasuwe na Perezida Tshisekedi harimo n’umwana witwa Roger Masasu wagaragaye mu mashusho ahondagurwa ndetse anicwa urubozo n’abapolisi ba Congo.

Tshisekedi yagiye kwihanganisha bariya baturage mu gihe abatavuga rumwe na we bamushinja kuba nyirabayazana wa ruriya rugomo bakorewe bo n’abayoboke babo.

Guverinoma ya Congo yatangaje ko uretse abaturage bakomeretse hari n’abapolisi 26 bakomerekeye muri iriya myigaragambyo, barimo batatu bakomeretse mu buryo bukomeye.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago