Umuhanzikazi Zuchu yavuze ko adashobora kureka gukunda icyamamare gikomoka muri Tanzania Diamond Platnumz n’ubwo abizi neza ko amuca inyuma ku bandi bagore.
Ibi abivuze nyuma y’amashusho yo muri filime yagaragaye Diamond Platnumz ari gusomana n’umuhanzikazi wo muri Ghana Francine Koffie uzwi nka Fantana.
Ni muri filime y’uruhererekane ya Young, African and Famous season 2, aho muri ayo mashusho yagaragaje aba bombi barimo basomana byacitse, ndetse uyu muhanzikazi ukomoka muri Ghana akaba yaravuze ko aribwo bwa mbere yarasomwe neza kuva yabaho.
Uyu muhanzikazi wo muri Tanzania wakunzwe mu ndirimbo nyinshi harimo n’iyitwa ‘Sukari’ yasobanuye ko yareka umugabo ari uko yazanye undi mukobwa bakundana kandi bikaba bigaragara ko amuca inyuma mu nzu ye.
Zuchu yongeyeho ko kandi ntakibazo afitanye n’umugabo we n’ubwo abari kumwe n’abandi bagore kure ye kuko birangira n’ubundi agarutse murugo.
Yagize ati “Gucana inyuma biterwa, ntushobora kunca inyuma imbere y’amaso yanjye ngo nkubarire, ibyo ntibishoboka, ushobora kubikorera hirya iyo n’undi mugore ariko tukaza guhurira murugo.”
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…