POLITIKE

Erdogan yongeye gutorerwa kuyobora Turkiya

Ku cyumweru, tariki ya 28 Gicurasi, perezida wa Turkiya, Recep Tayyip Erdogan, yongeye gutsinda amatora, yongera guhabwa amahirwe yo kuyobora ubutegetsi bwe muri manda y’imyaka itanu.

Perezida Erdogan yongeye kugirirwa icyizere cyo kuyobora igihugu cya Turkiya nyamara mu gihugu havugwa ko n’imanuka ry’ifaranga rikabije ndetse n’umutingito uherutse kwibasira imijyi myinshi.

Ku cyumweru, Erdogan yatsindiye ku majwi arenga 52% mu matora yo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu yabaye ku cyumweru, aho n’ubundi yari yaje ku myanya ya mbere mu byumweru bibiri bya mbere by’amatora. Abenshi mu batoye bo muri Turkiya mu cyiciro cya kabiri bamuhisemo kurenza uwo bahanganye Kemal Kilicdaroglu, bagaragaza ko bashyigikiye umugabo babona ko ari umuyobozi ukomeye kandi babona abikwiye.

Nyuma y’ibyatangajwe, Erdogan yashimiye abanyagihugu bamuhaye kuyobora indi myaka itanu iri mbere, agira ati “Turizera ko mwangiriye icyizere, nk’uko tumaze imyaka 21.”

Mu ijambo rye yumvikanye nkusa n’utebya uwo bari bahanganye yagize ati “Bye Bye Bye Kemal’, yongeraho ati: “Uwatsinze uyu munsi ni Turkiya.”

Nyuma y’ibavuye mu motora abenshi biraye mu mihanda abandi bari mu madoka yabo bishimira intsinzi, aho bumvikanaga bavuga ko ko ataribo bonyine batsinze gusa ahubwo ari igihugu muri rusange ati “Igihugu cyacu nicyo cyatsinze mu bintu byose, ni ukubera demokarasi yacu”.

Perezida Erdogan niwe wongeye gutorerwa kuyobora Turkiya

Benshi mu bakuru b’ibihugu barimo na Perezida Biden wa Amerika bishimiye intsinzi ya mugenzi wabo watowe kuyobora Turkiya Recep Tayyip Erdogan.

Ariko kandi abasesenguzi benshi bivugwa ko batunguwe no gutsinda kwa Erdogan; ngo yashoboye gutsinda amatora nubwo ifaranga ry’igihugu kuri ubu rigeze 50%. Aho igihugu cyahuye n’isanga ry’umutingito ukomeye muri Gashyantare wahitanye byibura abantu 50.000.

Bamwe mu basesenguzi bavuga ko indi myaka itanu ya Erdogan izaba isobanura itegeko ryemeza kandi rigomba guhindura byinshi nk’umuyobozi. Erdogan ari ku butegetsi kuva mu 2003, aho yabanje kuba minisitiri w’intebe ndetse nyuma kuva mu 2014 yaje kuba perezida wa Turkiya.

Mu myaka amaze ku butegetsi, yashyize imbaraga ze binyuze mu guhindura itegeko nshinga, yangiza inzego za demokarasi mu gihugu, harimo ubucamanza n’itangazamakuru, kandi afunga abatavuga rumwe n’ubutegetsi benshi. Yatsinze imyigaragambyo yo kwamagana guverinoma kandi yirinda gukorerwaho iperereza rya ruswa mu nzego z’imbere.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago