RWANDA

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yageze i Bujumbura mu nama idasanzwe y’Abakuru b’ibihugu bya EAC

Kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Gicurasi 2023, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirente yageze i Bujumbura aho yitabiriye inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afrika y’Uburasizuba (EAC).

Dr Edouard Ngirente wagiye i Burundi yahagarariye Perezida Kagame muri iy’inama y’abakuru b’ibihugu yahageze aho ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bujumbura cyitiriwe Melchior Ndadaye nkuko bigaragara ku rukuta rwa Twitter rw’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe.

Ni inama ya kabiri yo kwiga ku bibazo by’umutekano muke urangwa mu Burasirazuba bw’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye kuba nyuma y’iyayibanjirije tariki 5 Gicurasi 2023 n’ubundi yabereye i Bujumbura.

N’inama yabaye cyakora yabaye n’ubwo yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu gusa nta myanzuro mishya yagiye hanze yemejwe.

Inama yaherukaga yitabiriwe kandi n’ibihugu byo mu majyepfo ya Afurika nka Angola, Afurika y’Epfo, Mozambique, Malawi na Zambia ahigwaga uko yakurikizwa isinywa ry’amasezerano ryo guhagarika imitwe yitwaje intwaro muri DRC.

Ni inama kandi yanitabiriwe n’abakuru b’ibihugu byo mu Karere barimo Perezida Felix Tshisekedi wa RDC, Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni, Uwa Sudani y’Epfo ndetse n’uwaje ahagarariye igihugu cya Tanzania.

Mu byagiye bigarukwaho kenshi n’imitwe y’itwaje intwaro irangwa mu Burasizuba bwa Congo, aho hamaze koherezwa ingabo by’ibihugu binyamurango wa EAC bihagarariwe n’umunyaKenya Maj Gen Aphaxard Muthuri Kiugu uretse izo mu Rwanda.

N’ingabo zitavuzwe rumwe n’igihugu cya Rapubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nkuko byagiye bivugwa inshuro nyinshi ko ahubwo ari izishyigikiye umutwe wa M23.

Perezida Tshisekedi yagiye yumvikana yijundika u Rwanda aho aherutse kuvuga ko uretse ingabo z’u Burundi ziri mu gihugu cye izindi zifite imikoranire n’umutwe wa M23.

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yageze i Bujumbura

Christian

Recent Posts

Igikapu Lil Uzi aherutse guserukana ku rubyiniro gihagaze arenga miliyoni 200 y’u Rwanda

Igikapu umuraperi Lil Uzi aherutse guserukana ku rubyiniro mu gitaramo cya Coachella mu cyumweru gishize…

26 mins ago

Umukinnyi wa Basketball y’abagore Brittney Griner yahishuye uko yaragiye kwiyahura ubwo yarafungiye mu Burusiya

Umukinnyi wa Basketball y'abagore Brittney Griner, ukina muri NBA yatangaje ko yatekereje kwiyahura mu byumweru…

3 hours ago

Burundi: Perezida Evariste Ndayishimiye yabwiye abenegihugu ko aribo biteza ubukene

Perezida Ndayishimiye Evariste ubwo yitabiraga umuhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w'umurimo mu Ntara ya Kayanza…

8 hours ago

Kenya: Imibare y’abahitanywe n’ababuriwe irengero kubera imyuzure ikomeje kwiyongera

Mu ibarura ryamaze gushyirwa hanze rigaragaza ko abantu bamaze guhitanwa n'ibiza byibasiye igihugu cya Kenya…

8 hours ago

Perezida Kagame yihanganishije igihugu cya Kenya cyibasiwe n’ibiza

Perezida Kagame yihanganishije mugenzi we wa Kenya, William Ruto n'Abanya-Kenya kubera imiryango yakuwe mu byabo…

23 hours ago

Police Fc yegukanye igikombe cy’Amahoro ihumeka insigane

Ikipe ya Police Fc yegukanye igikombe cy'Amahoro itsinze ikipe ya Bugesera Fc bigoranye ibitego 2-1…

24 hours ago