INKURU ZIDASANZWE

Burundi: Perezida Evariste Ndayishimiye yabwiye abenegihugu ko aribo biteza ubukene

Perezida Ndayishimiye Evariste ubwo yitabiraga umuhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umurimo mu Ntara ya Kayanza kuri uyu wa Gatatu tariki 1 Gicurasi 2024, yabwiye abaturage ko aribo bikuririra ubukene bubugarije.

Umukuru w’igihugu yatunguye abaturage bari bitabiriye uwo muhango avuga ko ubukene bwugarije igihugu cye bukomoka ku bunebwe bw’abenegihugu n’abandi bayobozi batagikunda igihugu.

Ubwo yagezaga ijambo ku mbaga yari iteraniye aho, Prezida Ndayishimiye Evariste yavuze ko ubukene buri mu gihugu buva ku bunebwe bw’abenegihugu ariko kandi ngo hakaba hari abayobozi bamwe usanga bakora akazi bya nyirarireshwa nyamara badakunda igihugu ndetse batacyifuriza n’icyiza.

Ni umuhango wari witabiriwe n’abaturage batandukanye ndetse n’ibigo bya leta n’ibitari ibya leta, aho byigaragaje mu karasisi.

Uhagarariye abakozi mu Burundi, Celestin Nsavyimana, we asanga intandaro y’ibyo byose cyane cyane mu mikorere mibi y’abayobozi iterwa n’uko Leta itabongeje umushahara bityo bigoye ko u Burundi bwava mu bukene.

Icyakora uyu muyobozi yemera ko hari abakoresha bagifite gahunda yo gukoresha ikimenyane mu kazi, bigatera umusaruro mucye mu kazi ariko kandi ngo sicyo kiri imbere mu gukurura ubukene ahubwo umushahara muto niwo nyirabayana.

Umusi mukuru w’abakozi wizihizwa taliki ya 1 Gicurasi, ubusanzwe ufite inkomoko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho mu mwaka 1886, amashyirahamwe y’abakozi yakoraga imyigaragambyo asaba ko amasaha y’akazi yaba umunani.

Iyo myigaragambyo yahitanye abantu benshi ariko icyo baharaniraga barakibonye. Naho uwo musi ukomoka muri Amerika, abanyamerika bo bawizihiza ku munsi wa mbere w’icyumweru cya mbere cy’ukwezi kwa Nzeri.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago