Kuri uyu wa Kane tariki 7 Kamena 2023, Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’u Rwanda yakiriye indahiro z’Abayobozi bashya aherutse gushyiraho z’umutekano.
Abarahiye ni Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga, Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda,
Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, Komiseri Mukuru wa RCS, Brig Gen Evariste Murenzi.
Ni umuhango wabereye muri Village Urugwiro ku Kacyiru.
Ubwo yakiriraga indahiro za Minisitiri w’Ingabo n’abandi bayobozi bakuru, Perezida Kagame yagaragaje ko ubufatanye bw’abayobozi ari ingenzi kugira ngo igihugu gitere imbere.
Yagize ati “Nta gishya cyabaye, ni uko gusa umuntu yavuye hamwe akajya ahandi cyangwa akava ku rwego rumwe akajya kurundi ariko iteka ikirimo nuko aho umuntu agiye abakwiriye gukora imirimo neza bishoboka, iyo mirimo igakorwa twumva uburemere bw’izo nshingano hafi byose ibyinshi tuzi neza ko tuba tubikorera igihugu, binyuze mu bufatanye mu nzego zose zitandukanye mu buryo bwo kuzuzanya kugira ngo igihugu kigere kubyo ruba rwiteze.”
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…