IYOBOKAMANA

Papa Francis agiye kubagwa

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi Papa Francis agiye kubagwa.

Amakuru yaturutse i Vatican kuri uyu wa gatatu tariki 7 Kamena, yemeje ko Papa Francis azabagwa amara yo munda mu bitaro by’i Roma kandi akazamara iminsi yitabwaho.

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi Papa Francis w’imyaka 86 yahatiwe guhagarika kenshi gukora imirimo myinshi mu mpera yo mu kwezi kwa Gicurasi, nyuma yuko ajyanwa kwa muganga kubera kugaragaraho umuriro, ni mugihe muri Werurwe yajyanywe mu bitaro akekwaho indwara ya bronchite ariko basanga yari ama antibiotic.

Papa Francis mu myaka ibiri ishize hari amakuru yuko yabazwe agace gato k’urura runini kari karamunzwe.

Bivugwa ko azabagwa atewe ikinya umubiri wose.

Umuvugizi wa Vatikani Matteo Bruni yijeje ukwitabwaho ku buzima bwa Papa ndetse ko azakira neza.

Usibye kubagwa amara mu myaka ibiri ishize, Francis yakuweho igice cy’ibihaha kimwe nyuma yo kurwara cyane umusonga akiri umusore.

Umwaka ushize, yagize ibibazo byo mu ivi bituma akoresha inkoni ngendanwa cyangwa rimwe na rimwe agakoresha igare ry’abafite ubumuga.

Mu gihe cyose Papa Francis yakomeza kugira ibyo bibazo byatera ikibazo gikomeye muri Kiliziya Gatolika kuko ubusanzwe nta mwungiriza afite wo kuri uwo mwanya.

Mu kiganiro yagiriye kuri Daily ABC cyo muri Espagne mu kwezi kwa 12, Papa Francis yari yavuze ko yateguye ibaruwa isezera kubera ibibazo by’ubuzima birimo no kumugara budateze gukira yagize nyuma yo gutorwa mu 2013.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago