RWANDA

Urukiko rwemeje ko Kabuga Felicien wagize uruhare muri Jenoside adashobora kuburana

Urukiko rw’i La Haye ruherereye mu Buholandi rwagaragaje ko Felicien Kabuga ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, atakibasha kuburana kubera ko ibibazo by’ubuzima.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 7 Kamena 2023, nibwo hasohotse itangazo ry’urukiko rw’i La Haye rivuga ko Kabuga w’imyaka 90 afite uburwayi bwo ku bwonko aho ngo atakibasha kwibuka ibintu byose byabaye mu gihe cyahise.

Ni itangazo ryagiraga riti “Urukiko mu igenzura rwakoze rwasanze Kabuga atakibasha kuburana ku byaha aregwa.’

Raporo ikubiyemo umwanzuro w’urukiko ivuga ko abacamanza bakurikiranye ikibazo cy’ubuzima bwa Kabuga bahawe buri byumweru bibiri raporo y’uko ubuzima bwe buhagaze banzuye ko adashobora kwitabira urubanza, ngo yumve ibyo aregwa, abyibuke, agire icyo abyisobanuraho kuko ubwonko bwe bwazahaye.

Kabuga Felecien wari umaze imyaka isaga 26 ashakishwa, yatawe muri yombi muri 2020, afatiwe mu murwa Mukuru wa Paris mu Bufaransa .

Ashinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho ari ku isonga mu bateguye ubu bwicanyi ndengakamere bwahitanye ubuzima bw’Abatutsi basaga Miliyoni akanawutera inkunga atanga amafaranga ndetse no akanagura imihoro yakoreshejwe mu bwicanyi.

Urukiko ariko rwanzuye ko n’ubwo bigaragara ko Kabuga adashobora gukomeza kuburana, ngo hagiye kwigwa ubundi buryo urubanza ruzakomeza ariko ngo ntazakatirwe.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago