Umugore w’imyaka 39 wo mu Mudugudu wa Kivumu, Akagari ka Rwanza, Umurenge wa Save, Akarere ka Gisagara, akekwaho kwica umugabo w’imyaka 41 babanaga amukubise umuhini mu mutwe.
Amakuru ahari avuga icyo cyaha cyabaye ku wa 24 Gicurasi 2023 saa mbiri z’ijoro ubwo bari batashye bavuye kunywa inzoga mu kabari.
Mu ibazwa rye, uyu mugore avuga ko yamukubise umuhini mu mutwe bakoreshaga basekura umuceri.
Yavuze ko ngo barwanye bapfuye amafranga 500 umugabo yari yamuhaye ngo ajye guhaha, ngo aza gushaka kuyisubiza rwaserera itangira ubwo.
Icyaha cy’ubwicanyi akurikiranyweho kiramutse kimuhamye yahanishwa igifungo cya burundu nk’uko biteganywa n’ingingo ya 107 y’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…