Umugore w’imyaka 39 wo mu Mudugudu wa Kivumu, Akagari ka Rwanza, Umurenge wa Save, Akarere ka Gisagara, akekwaho kwica umugabo w’imyaka 41 babanaga amukubise umuhini mu mutwe.
Amakuru ahari avuga icyo cyaha cyabaye ku wa 24 Gicurasi 2023 saa mbiri z’ijoro ubwo bari batashye bavuye kunywa inzoga mu kabari.
Mu ibazwa rye, uyu mugore avuga ko yamukubise umuhini mu mutwe bakoreshaga basekura umuceri.
Yavuze ko ngo barwanye bapfuye amafranga 500 umugabo yari yamuhaye ngo ajye guhaha, ngo aza gushaka kuyisubiza rwaserera itangira ubwo.
Icyaha cy’ubwicanyi akurikiranyweho kiramutse kimuhamye yahanishwa igifungo cya burundu nk’uko biteganywa n’ingingo ya 107 y’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…