IMIKINO

Abafana ba ‘Amavubi’ bahawe ubwasisi

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gutangaza ibiciro by’umukino uzahuza u Rwanda na Mozambique mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika.

Advertisements

Ni umukino ugomba kubera kuri stade mpuzamahanga ya Huye, aho abakunzi b’ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru bashyiriweho ibiciro ubona ko biri hasi kugira ngo bazaze gutiza umurindi ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’.

Umukino uteganyijwe kuba tariki 18 Kamena 2023, kugeza kuri ubu bamwe mu bakinnyi batangiye imyitozo yo kwitegura uwo mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika uzabera mu Karere ka Huye.

Abakinnyi bakina hanze nabo bakomeje kuza basanga bagenzi babo bakina imbere mu gihugu batangiye umwiherero w’ikipe y’Igihugu guhera mu ntangiriro z’iki cyumweru.

Nk’uko byagaragajwe ku mbuga nkoranyambaga za FERWAFA itike ya make izaba ari amafaranga igihumbi (1000 Frw) ahasanzwe hose, naho, ahatwikiriye n’ibihumbi bitanu (5000 Frw), mugihe VIP ari ibihumbi 10 Frw.

U Rwanda ruherereye mu intsinda rya L aho irikumwe n’ikipe ya Senegal yamaze gukatisha itike, Mozambique yicaye ku mwanya wa kabiri n’amanota 4, na Benin iri ku mwanya wa gatatu nayo ifite amanota 4, u Rwanda rugaheruka n’amanota 2.

Ikipe y’Igihugu’Amavubi’ y’umutoza Carlos Ferrer imaze iminsi mu mwiherero

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

9 hours ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago