IMIKINO

Abafana ba ‘Amavubi’ bahawe ubwasisi

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gutangaza ibiciro by’umukino uzahuza u Rwanda na Mozambique mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika.

Ni umukino ugomba kubera kuri stade mpuzamahanga ya Huye, aho abakunzi b’ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru bashyiriweho ibiciro ubona ko biri hasi kugira ngo bazaze gutiza umurindi ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’.

Umukino uteganyijwe kuba tariki 18 Kamena 2023, kugeza kuri ubu bamwe mu bakinnyi batangiye imyitozo yo kwitegura uwo mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika uzabera mu Karere ka Huye.

Abakinnyi bakina hanze nabo bakomeje kuza basanga bagenzi babo bakina imbere mu gihugu batangiye umwiherero w’ikipe y’Igihugu guhera mu ntangiriro z’iki cyumweru.

Nk’uko byagaragajwe ku mbuga nkoranyambaga za FERWAFA itike ya make izaba ari amafaranga igihumbi (1000 Frw) ahasanzwe hose, naho, ahatwikiriye n’ibihumbi bitanu (5000 Frw), mugihe VIP ari ibihumbi 10 Frw.

U Rwanda ruherereye mu intsinda rya L aho irikumwe n’ikipe ya Senegal yamaze gukatisha itike, Mozambique yicaye ku mwanya wa kabiri n’amanota 4, na Benin iri ku mwanya wa gatatu nayo ifite amanota 4, u Rwanda rugaheruka n’amanota 2.

Ikipe y’Igihugu’Amavubi’ y’umutoza Carlos Ferrer imaze iminsi mu mwiherero

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

7 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

7 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

8 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

8 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago