MU MAHANGA

Umukinnyi wa filime Treat Williams yapfuye azize impanuka

Umukinnyi w’umunyamerika wakunzwe muri filime ya Hair and Prince of the City ndetse n’ikiganiro cyo kuri television kirimo Blue Bloods and Chicago fire yapfuye azize impanuka ya moto i Vermont ku myaka 71 y’amavuko.

Nk’uko byatangajwe na polisi y’igihugu mu gace ka Vermont, ngo mbere gato ya Saa kumi n’imwe z’umugoroba, imodoka yo mu bwoko bwa Honda SUV ubwo yahindukiraga ibumoso iva muri parikingi nibwo yagonganaga na moto ya Williams mu mujyi wa Dorset.

Iri tangazo rigira riti: “Williams ntiyashoboye kwirinda impanuka maze agongerwa kuri moto ye. Yakomeretse bikabije maze ajyanwa mu kigo nderabuzima cya Albany giherereye i Albany, muri New York, ari naho yaje gutangarizwa ko yapfiriye”.

Polisi ivuga ko Williams yari yambaye ingofero (casques) yabugenewe ku batwazi ba moto.

Umushoferi wa SUV yakomeretse byoroheje kandi ntabwo yajyanywe mu bitaro. Polisi yavuze ko yari yarerekanye ko atigeze ahita atabwa muri yombi nubwo iperereza ry’impanuka rikomeje.

Polisi yavuze ko Williams, amazina ye yose yari Richard Treat Williams, yabaga mu kigo cya Manchester giherereye mu majyepfo ya Vermont.

Uwarushinjwe kureberera inyungu ibikorwa bye Barry McPherson nawe yemeje iby’urupfu rw’uyu mukinnyi wa filime.

McPherson yatangarije ikinyamakuru People ati “Njye byandenze, yari umusore mwiza, yari umuhanga cyane.”

McPherson ati “Yari umukinnyi mu bakinnyi; abakinnyi ba filime baramukundaga. Yabaye umutima wa Hollywood kuva mu mpera z’imyaka ya za 70.”

Treat Williams yapfuye yari mu bakinnyi ba filime bamamaye kuva kera

Williams wavukiye i Connecticut yerekanwe bwa mbere muri filime mu 1975 ubwo yakinaga ari umupolisi muri filime yitwa Deadly Hero kandi yakomeje kugaragara mu mashusho arenga 120 ya televiziyo na firime, harimo na filime The Eagle, Prince of the city na Once Upon a Time in America zakunzwe cyane.

Yatangiye gushyizwe ku rutonde rw’abahatanira igihembo cya Golden Globe Award mu 1979.

Yitabye Imana asize umugore we Pam Van Sant n’abana be babiri.

Treat Williams arikumwe n’abana be babiri

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

3 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

4 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

4 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

4 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

4 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

5 days ago