MU MAHANGA

Kourtney Kardashian yatunguye umugabo we Travis amubwira ko amutwitiye mu gitaramo

Icyamamare Kourtney Kardashian atwitiye umwana wa mbere w’umuraperi akaba n’umugabo we Travis Backer baheruka gukora ubukwe.

Advertisements

Kourtney w’imyaka 44, yatunguye umugabo we atangaza ko amutwitiye ubwo yamanikaga icyapa cyari cyanditseho ngo ‘Travis, Ndatwite’ mu gitaramo cyabaye cya Blink 182 mu ijoro ryakeye, ku ya 16 Kamena. Travis akibibona yahise asimbuka ava ku rubyiniro amugana kuri we ahita amusoma bikomeye.

Aba bombi bashakanye bagiye bahisha gahunda yo kwibaruka nyuma yo gukora ubukwe umwaka washize mu gihugu cy’Ubutaliyani.

Mu magambo ye Kourtney aherutse kwatura ati “Twamaze gukora ku mugaragaro ‘IVF’ uburyo bwo guhuza intanga. Ibyo dushize imbere ibindi ni urukundo rw’umwana, ariko turizera rwose ibyo Imana iduteganyirije. Niba ari urwo ruhinja, ndizera ko bizabaho.”

Urugendo rwa IVF rwa Kourtney na Travis rwatangiye nyuma y’imyaka 44 y’amavuko hahagaritswe amagi ye mbere yuko umubano wabo muri 2020 utangira. Icyakora, yaje gusobanura ko amagi ye menshi “atabasha kwakira umwana” kandi ngo “nta n’umwe muri bo ufite urusoro ngo yibaruke umwana.”

Kourtney yongeyeho ati “Gukonjesha amagi ntabwo byemewe. Ntekereza ko ibyo ari ukutabyumva neza. Abantu babikora bibwira ko ari nk’urusobe rw’umutekano kandi atari byo.”

Aha niho yagize ati “Ibyo dushize imbere ibindi ni urukundo rw’umwana, ariko turizera rwose ibyo Imana iduteganyirije. Niba ari urwo ruhinja, ndizera ko bizabaho.”

Kourtney asanzwe afite abana batatu yabyaranye n’uwo bahoze bakundana Scott Disick, naho Travis ni umubyeyi w’abana babiri yabyaranye n’uwahoze ari umugore we Shanna Moakler.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago