IMIKINO

Michael Jordan agiye kugurisha imigabane myinshi muri Charlotte Hornets

Icyamamare muri Basketball, Michael Jordan yagiranye amasezerano yo kugurisha imigabane ye muri Charlotte Hornets, nyuma y’imyaka 13 amaze ariwe uyihagarariye mu kugira imigabane myinshi.

Ku wa gatanu, tariki ya 16 Kamena, Hornets Sports & Entertainment yemeje ko Jordan yagiranye amasezerano yo kugurisha imigabane ye myinshi muri Charlotte Hornets ahanganiyemo n’itsinda riyobowe na Gabe Plotkin na Rick Schnall ku gaciro ka miliyari 3 $.

Plotkin waguze imigabane mike muri iyi kipe mu 2019, yabaye guverineri usimbuye mu Nama y’Ubuyobozi ya NBA kuva mu 2019 kandi ni we washinze Tallwoods Capital LLC.

Mu mwaka 2010 Jordan yari yaguze imigabane muri iy’ikipe na Bob Johnson atanze hafi miliyoni 180 z’amadorali y’Amerika.

Hornets yatangaje ivuga ko Schnall ari perezida wungirije wa Clayton, Dubilier & Rice LLC, aho yakoze imyaka 27, akaba yarabaye nyiri ikipe ukomeye wa Atlanta Hawks ndetse akaba n’umwe bayobozi bashinzwe akanama muri NBA kuva mu 2015.

Abayobozi ba Hornets basobanuye ko Schnall ari mu nzira yo kugurisha ishoramari rye muri Hawks, biteganijwe ko bizarangira mu by’umweru biri imbere.

Ikipe ya Charlotte Hornets

Itsinda ry’abashaka kugura rizaba rigizwe kandi na Chris Shumway, Dan Sundheim, Ian Loring, Dyal, umuhanzi J. Cole, umwanditsi w’indirimbo Eric Church, hamwe n’abashoramari benshi ba Charlotte, barimo Amy Levine Dawson na Damian Mills.

Amakuru y’ibiganiro bya mbere bya Jordan yo kugurisha imigabane ye muri Charlotte Hornets yamenyekanye mu ntangiriro z’uyu mwaka, byagaragaye ko Jordan azasigarana imigabane mike muri iyi kipe.

Uyu mugabo wabaye igihangange ku Isi mu mikino wa basketball muri NBA yaguze imigabane muri iy’ikipe ibarizwa mu Majyaruguru ya Carolina mu mwaka 2010, ubwo ikipe yitwaga Charlotte Bobcats, nyuma y’imyaka ine gusa iri mu maboko ya Francise, Jordan niwe wabaye uwa mbere uyiguzemo wakinnye muri NBA.

Ariko iki gikorwa kizakorwa kigomba kwemezwa n’inama y’ubuyobozi ya NBA.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago