Mu birori byo kwizihiza umunsi Mpuzamahanga w’Umwana w’Umunyafurika mu karere ka Kicukiro, abana basabwe gukoresha ikoranabuhanga mu bibafitiye akamaro bibungura ubumenyi kandi bitabarangaza.
Ibirori byo kwizihiza uyu munsi mu karere ka Kicukiro byabereye mu murenge wa Kigarama mu kagari ka Rwampara ku kibuga cya Mburabuturo kuri uyu wa gatanu tariki 16 Kamena 2023, ari nayo tariki uyu munsi mpuzamahanga wizihirizwaho.
Umuhuzabikorwa wa gahunda y’imikurire y’umwana (ECD Program Coordinator) mu muryango wita ku bana Reach the Children Bwana TUYISHIME Etienne, yasabye abana bitabiriye ibi birori kutaba imbata y’ikoranabuhanga ngo barikoreshe mu bibayobya cyangwa bibarangaza, ahubwo bakaryifashisha bakora ubushakashatsi mu masomo biga.
Yagize ati: “Umwana afite uburenganzira bwo kwiga, ariko afite inshingano zo gitsinda, mwige gukoresha ikoranabuhanga mu bitabarangaza kuko bishobora kubatwara umwana wo kwiga no kubigisha imico mibi, ahubwo murikoreshe myunguka ubumenyi ku masomo mwiga”
Umunsi w’Umwana w’Umunyafurika wizihizwa buri mwaka ku itariki ya 16 Kamena n’ Ibihugu bigize umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), mu rwego rwo kurushaho gutekereza no kugena ibikorwa byakemura ibibazo abana b’Afurika bahura na byo mu buzima bwa buri munsi.
Buri mwaka, U Rwanda rwifatanya n’ibindi Bihugu bigize umuryango w’Afurika yunze ubumwe kuwizihiza. Uyu mwaka, muri gahunda yo kwizihiza umunsi w’Umwana w’Umunyafurika, Komite Nyafurika y’Impuguke ku Burenganzira n’Imibereho myiza by’Umwana (ACERWC) yahisemo insanganyamatsiko igira iti: “The Rights of the Child in the digital environment” mu Kinyarwanda ni: “Uburenganzira bw’umwana mu isi y’ikoranabuhanga”.
Iyi nsanganyamatsiko yemejwe na Guverinoma y’u Rwanda, yibutsa abanyarwanda ko bagomba gukomeza gusigasira uburenganzira bw’umwana mu isi y’ikoranabuhanga ndetse no gushyiraho ingamba zifatika mu kumurinda ihohoterwa rikorewe yaba kuri murandasi cg hanze yayo. Goverinoma y’u Rwanda yashyizeho Politiki yo kurinda umwana mu ikoranabuhanga (Kamena 2019) aho igaragaza inzira n’uburyo bwo gufasha abana mu gihe barimo gukoresha murandasi cg irindi korabuhanga aho abafatanyabikorwa bose bahamagarirwa kubigiramo uruhare rugaragara.
AMAFOTO: Ntwari Anaclet
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…