INKURU ZIDASANZWE

Uganda: UPDF yatangiye guhiga bukware ibyihebe byateye mu ishuri bikica abagera 48

Mu ijoro ryakeye ni bwo ADF yateye mu karere ka Kasese, yica abanyeshuri 37 bigaga ku Ishuri rya Mpondwe, umunani irabakomeretsa na ho batandatu irabashimuta.

Advertisements

Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig Gen Felix Kulayigye, yatangaje ko kuri ubu Ingabo za Uganda ziri guhiga bukware umwanzi kugira ngo zigarure abanyeshuri bashimuswe.

Kuri Twitter ye yagize ati: “Mu ijoro ryakeye ry’itariki ya 16 Kamena 2023 saa 11:30, itsinda ry’ibyihebe bya ADF byateye Ishuri rya Mpondwe muri Paruwasi ya Nyabugando, Komine ya Karambi ho mu karere ka Kasese.”

“Ingabo zacu ziri gukurikirana umwanzi mu rwego rwo gutabara abashimuswe no gusenya uyu mutwe.”

Umuyobozi wa Diviziyo y’Ingabo za Uganda zirwanira mu misozi miremire, Maj Gen Dick Olum, yabwiye abaturage bo muri Kasese ko UPDF yamenye ko mbere y’uko ADF itera ririya shuri yari imaze iminsi ibiri iba hafi yaryo.

Yunzemo ati: “Twohereje za kajugujugu kugira ngo zidufashe muri Operasiyo yacu yo gushakisha no gutabara abanyeshuri bashimuswe.”

Maj Gen Olum yavuze ko ADF ubwo yagabaga kiriya gitero, yatwitse abanyeshuri biganjemo abahungu, mu gihe abakobwa bamwe yabatemaguye abandi irabashimuta.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago