Umutoza wa Mozambique Chiquinho, washyize akadomo ku rugendo rw’ikipe y’Igihugu Amavubi, mu gushaka kwerekeza mu gikombe cy’Afurika yavuze icyatuma u Rwanda rubona itike ari uko bamuha akazi.
Ni nyuma y’umukino wabaye kuri iki cyumweru tariki 18 Kamena 2023, aho u Rwanda rwatunguwe imbere y’imbaga y’abafana yari yagiye kuyashyigikira kuri Stade ya Huye rugatsindwa na Mozmbique ibitego 2-0.
Uku gutsindwa uyu mukino byahise bishyira akadomo ku nzozi z’u Rwanda zo kuba rwabona itike y’igikombe cy’Afurika cya 2023 kizabera muri Côte d’Ivoire.
Nyuma y’uyu mukino, nibwo umutoza wa Mozambique yavuze ko u Rwanda yari yize neza imikinire yarwo.
Yakomeje avuga ko igice cya mbere cyari gihagije ngo abe yamaze kwica imikinire y’u Rwanda wabonaga ko rwasatiraga cyane runyuze ku mpande.
Ubwo ikiganiro n’itangazamakuru cyari kirangiye, Chiquinho yahise aritangariza ko niba u Rwanda rwifuza kujya mu gikombe cy’Afurika basigarane nimero ye bakazamuvugisha kuko ari we uzabatwarayo.
Ati “Niba mushaka kujya mu gikombe cy’Afurika mufate nimero yanjye muzampamagare mbajyaneyo.”
U Rwanda rwasezerewe muri urwo rugendo rwo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika rufite amanita 2, mu gihe rusigaje umukino umwe rukumbi na Senegal yamaze gukatisha itike n’amanota 13, Benin ya kane ifite amanota 5 naho Mozambique ifite amanota 7.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…