IMIKINO

Neymar Jr yasabye imbabazi umukunzi we umutwitiye nyuma yo kwemera ko yamuciye inyuma

Umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka muri Brezile, Neymar Jr yemeye ko ‘yakoze ikosa’ ubwo yasabaga imbabazi mu buryo budasanzwe ku mugaragaro umukunzi we utwite Bruna Biancardi.

Advertisements

Mu nyandiko ndende yashyize ku rubuga rwa Instagram, iki cyamamare cya Paris Saint-Germain yarahiye ko azagerageza gukora uko ashoboye umubano wabo ukagenda neza, kandi ko ‘yemera ko yakoze amakosa’.

Ibi bije nyuma yuko aba bombi bakundana batangaje muri Mata ko bitegura kwibaruka imfura yabo.

Neymar Jr yagize ati “Nakoze ikosa. Nagukoreye ikosa . Ntinyutse kuvuga ko nkora amakosa buri munsi, haba mu kibuga no hanze yacyo. Ariko nkemera amakosa yanjye mu buzima bwanjye bwite no mu rugo, ndi kumwe n’umuryango wanjye n’inshuti zanjye.”

“Ibi byose byagize ingaruka ku muntu umwe wihariye mu buzima bwanjye. Umugore narose gukurikira iruhande rwanjye, nyina w’umwana wanjye”.

Yakomeje ati “Ibi byageze mu muryango we, ubu ari nawo wanjye. Bruna Biancardi namaze gusaba imbabazi z’amakosa yanjye, kubera kutagira umumaro, ariko ndumva ngomba kubyemeza ku mugaragaro. Niba ikibazo cyari cyihariye cyaragiye ahagaragara, no gusaba imbabazi bigomba gushyirwa ku mugaragaro”.

“Si nibona ntari kumwe nawe. Sinzi niba bizakora hagati yacu, ariko uyu munsi ushobora kumenya neza ko nshaka kugerageza. Intego yacu izatsinda, urukundo dukunda umwana wacu ruzatsinda, urukundo dukundana ruzadukomeza”.

Aya magambo ya Neymar Jr aje nyuma kandi y’amakuru yatahuwe ko yahawe gasopo kuri bimwe mu byabahuzaga we n’umukunzi wagiye amushinja ku muhemukira.

Nk’uko bivugwa na Em Off, ngo Neymar mu bya mbere yari yarasabwe harimo kujya yambara agakiringirizo, ndetse gusoma ku munwa uyu mukobwa byari byarabaye amateka.

Iki kinyamakuru kivuga ko uyu mukinnyi wa PSG yifitiye umundendezo wo gukundana n’abakobwa benshi n’ubwo yiyeguriye Biancardi.

Ni nyuma y’umwaka ushize, aho Neymar yagaragaye kandi arikumwe n’uwahoze ari umukunzi we Bruna Marquezine i Miami.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago