Prosper Mulindwa warusanzwe akora muri MINALOC yahawe inshigano zo kuyobora Akarere ka Rutsiro mu buryo bw’agateganyo.
Mu itangazo rya Minisitiri w’Intebe ryagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena 2023, nk’uko ribivuga ngo hashingiwe ku biteganywa n’Itegeko No 065/2021 ryo ku wa 9/10/2021 rigenga Akarere, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 29.
Kuri uyu wa Gatatu, Bwana Prosper Mulindwa agizwe Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rutsiro.
Ni nyuma y’aho Inama Njyanama y’aka karere isheshwe nyuma yo kubona ubuyobozi bw’aka karere bwarateshutse ku nshingano.
Aka Karere kari gasanzwe kayobowe na Meya MUREKATETE Triphose wari waragiye kuri uwo mwanya mu mwaka 2021, akaba yaragiye kuri izo nshingano yarasanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Muko.
Ni mugihe Prosper Mulindwa wagizwe Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rutsiro yarasanzwe ashinzwe gutegura ibikorwa muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC).
Bwana Prosper Mulindwa Yize mu bijyanye n’icungamari n’amabanki.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…