IMIDERI

Jay-Z, Jennifer Lopez, Usher, Mbappe, Rick Ross, Justin Bieber, mu byamamare birenga 100 byitabiriye ibirori bya bambaye imyenda y’umweru by’umuherwe Michel Rubin-AMAFOTO

Umuherwe w’umunyamerika Michel Rubin yakoresheje ikirori cy’abambaye imyenda y’umweru (White Party) cyabaye ku munsi wo kuwa 4 Nyakanga, bikitabirwa n’ibyamamare bikomeye bitandukanye.

Advertisements

Uyu muherwe utunze miliyari ya Amerika Rubin yongeye kuvugwa cyane nyuma yo gukora ikirori gikomeye uyu mwaka agakusanya ibyamamare bitandukanye mu kirori cyabereye mu bwato i Hamptons bose baserutse bambaye imyenda y’umweru, mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru w’Ubwigenge wa Amerika.

Ibyamamare byitabiriye ibyo birori bikomeye birimo Justin Bieber n’umukunzi we Hailey, Ben Affleck, Jennifer Lopez, JAY-Z, Beyoncé, Emily Ratajkowski, Kevin Hart, Kevin Durant, Jayson Tatum, Tom Brady, Winnie Harlow, Kelly Rowland, Corey Gamble, Kim Kardashian , Kendall Jenner, n’abandi benshi.

Abandi bitabiriye icyo kirori barimo Kylian Mbappe, Lori Harvey, Kim K, LaLa Anthony, Hailey Bieber, Ne-Yo, Usher, Travis Scott, Jack Harlow na Druski, French Montana n’inkumi nyinshi z’ikimero.

Rubin yazanye kandi imwe muri za resitora nziza ibarizwa muri New York ihagaze miliyoni 50 z’amadolari y’Amerika murugo rwe mu rwego rwo kwizihiza ibirori, harimo n’ibyamamare Lucali na Cucina Alba bazwiho gukora ibijyanye na Pizza.

Ben Affleck n’umugore we Jennifer Lopez
Dj Khaled hamwe na Ne-Yo

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago