IMIDERI

Jay-Z, Jennifer Lopez, Usher, Mbappe, Rick Ross, Justin Bieber, mu byamamare birenga 100 byitabiriye ibirori bya bambaye imyenda y’umweru by’umuherwe Michel Rubin-AMAFOTO

Umuherwe w’umunyamerika Michel Rubin yakoresheje ikirori cy’abambaye imyenda y’umweru (White Party) cyabaye ku munsi wo kuwa 4 Nyakanga, bikitabirwa n’ibyamamare bikomeye bitandukanye.

Advertisements

Uyu muherwe utunze miliyari ya Amerika Rubin yongeye kuvugwa cyane nyuma yo gukora ikirori gikomeye uyu mwaka agakusanya ibyamamare bitandukanye mu kirori cyabereye mu bwato i Hamptons bose baserutse bambaye imyenda y’umweru, mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru w’Ubwigenge wa Amerika.

Ibyamamare byitabiriye ibyo birori bikomeye birimo Justin Bieber n’umukunzi we Hailey, Ben Affleck, Jennifer Lopez, JAY-Z, Beyoncé, Emily Ratajkowski, Kevin Hart, Kevin Durant, Jayson Tatum, Tom Brady, Winnie Harlow, Kelly Rowland, Corey Gamble, Kim Kardashian , Kendall Jenner, n’abandi benshi.

Abandi bitabiriye icyo kirori barimo Kylian Mbappe, Lori Harvey, Kim K, LaLa Anthony, Hailey Bieber, Ne-Yo, Usher, Travis Scott, Jack Harlow na Druski, French Montana n’inkumi nyinshi z’ikimero.

Rubin yazanye kandi imwe muri za resitora nziza ibarizwa muri New York ihagaze miliyoni 50 z’amadolari y’Amerika murugo rwe mu rwego rwo kwizihiza ibirori, harimo n’ibyamamare Lucali na Cucina Alba bazwiho gukora ibijyanye na Pizza.

Ben Affleck n’umugore we Jennifer Lopez
Dj Khaled hamwe na Ne-Yo

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

1 hour ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago