MU MAHANGA

Umukinnyi wa filime Coco Lee yapfuye yiyahuye

Umukinnyi wa filime akaba n’umuririmbyi Coco Lee ukomoka mu Bushinwa byemejwe ko yapfuye yiyahuye.

Lee wapfuye yamamaye kubera ijwi rye rya ‘Mulan’ ryo mu rurimi rwa ‘Mandarin’ ryakoreshejwe muri kompanyi ya ‘Disney’.

Abavandimwe be, Carol na Nancy nibo bbavuze ko yagerageje kwiyahura mu rugo rwe ku cyumweru, tariki ya 2 Nyakanga, maze yoherezwa mu bitaro, aho yinjiye muri koma maze apfa ku wa gatatu, tariki ya 5 Nyakanga, n’ubwo bari bagerageje kurokora ubuzima bwe bikanga.

Coco Lee yarasanzwe ari n’umuhanzikazi ukomeye

Coco yari amaze imyaka myinshi arwaye indwara yo kwiheba, kandi umuryango we wavuze ko yari mu gihe cyo gushakisha uwamufasha mu mwuga we mu buryo bw’umwuga, ubuzima bwe bwaje kuba bubi cyane mu mezi make ashize nyuma yaho aza kwiyahura.

Usibye kuba yarakoranye na kompanyi ya Disney, Coco yakoze indirimbo yatowe na Oscar, “A Love Before Time”, muri filime “Crouching Tiger, Hidden Dragon” mu rwego rw’imyaka itatu yaramaze akora nk’umuririmbyi.

Uyu mukinnyi w’amafilime yapfuye afite imyaka 48, yavukiye muri Hong Kong ariko yiga amashuri igice kimwe cy’ayisumbuye akigira i San Francisco aho yambitswe ikamba ry’abangavu mu 1991 (Miss Teen Chinatown).

Niwe muhanzikazi wa mbere ukomoka mu Bushinwa wayoboye muri Amerika, n’indirimbo ye “Do You Want My Love” aho yageze ku mwanya wa 4 ku rubuga rwa Billboard’s Hot Dance Breakout Chart mu myaka y’1999. Nyakwigendera ni umwe mu bazahora bibukwa mu gihugu cy’Ubushinwa nyuma yo kugira uruhare rukomeye rwafunguriye amarembo abandi bahanzi ku rwego mpuzamahanga.

Coco Lee yapfuye yiyahuye

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago