MOENCHENGLADBACH, GERMANY - JULY 12: Caroline Pizzala of France during a France Press Conference at Borussia Park Stadium on July 12, 2011 in Moenchengladbach, Germany. (Photo by Scott Heavey/Getty Images)
Ikipe ya Gasogi united igiye gutozwa n’umugore wakiniye Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa.
Ibi ni ibyatangajwe n’umuyobozi w’ikipe ya Gasogi united akaba asanzwe ari n’umunyamakuru, Kakooza Nkuriza Charles uzwi nka (KNC).
KNC n’ubwo yirinze kugira byinshi atangaza, amakuru ahari ni uko Gasogi united igiye kubona umutoza mushya ukomoka mu Budage witwa Caroline Pizzala wanyuze mu makipe menshi y’iburayi.
Muri bike KNC yatangaje yavuze ko uyu mutoza mushya ugiye gutoza Gasogi united afite ibyangombwa byo ku rwego rwo hejuru UEFA License Pro akaba ari umutoza w’umugore kandi w’umuhanga.
Caroline Pizzala w’imyaka 35 wakinaga mu kibuga hagati yanyuze mu makipe menshi akomeye ku mugabane w’Uburayi dore ko ubwo yatangiraga gukina nk’ababigize umwuga mu ikipe Celtic Marseille, Paris Saint Germain, Olympique de Marseille n’izindi.
Ikipe ya Gasogi united ikomeje kwiyubaka mu rwego rwo kwitegura imikino ya shampiyona y’umwaka w’imikino 2023/2024.
Gasogi united irangajwe imbere na Perezida wayo KNC ukunze kurangwa n’udushya, muri iy’ikipe abatoza benshi ntibakunze kurambamo kuko kuva mu mwaka 2019 kugeza 2023, imaze gutozwa n’abatoza 5.
Aribo Guy Bukasa, Casa Mbungo André, Alain Kirasa, Ahmed Adel na Paul Kiwanuka wayitoza kuri ubu.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…