IMIKINO

Gasogi united igiye gutozwa n’umugore wakiniye PSG

Ikipe ya Gasogi united igiye gutozwa n’umugore wakiniye Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa.

Advertisements

Ibi ni ibyatangajwe n’umuyobozi w’ikipe ya Gasogi united akaba asanzwe ari n’umunyamakuru, Kakooza Nkuriza Charles uzwi nka (KNC).

KNC n’ubwo yirinze kugira byinshi atangaza, amakuru ahari ni uko Gasogi united igiye kubona umutoza mushya ukomoka mu Budage witwa Caroline Pizzala wanyuze mu makipe menshi y’iburayi.

Muri bike KNC yatangaje yavuze ko uyu mutoza mushya ugiye gutoza Gasogi united afite ibyangombwa byo ku rwego rwo hejuru UEFA License Pro akaba ari umutoza w’umugore kandi w’umuhanga.

Caroline Pizzala w’imyaka 35 wakinaga mu kibuga hagati yanyuze mu makipe menshi akomeye ku mugabane w’Uburayi dore ko ubwo yatangiraga gukina nk’ababigize umwuga mu ikipe Celtic Marseille, Paris Saint Germain, Olympique de Marseille n’izindi.

Caroline Pizzala ategerejwe mu ikipe ya Gasogi united nk’umutoza mushya

Ikipe ya Gasogi united ikomeje kwiyubaka mu rwego rwo kwitegura imikino ya shampiyona y’umwaka w’imikino 2023/2024.

Gasogi united irangajwe imbere na Perezida wayo KNC ukunze kurangwa n’udushya, muri iy’ikipe abatoza benshi ntibakunze kurambamo kuko kuva mu mwaka 2019 kugeza 2023, imaze gutozwa n’abatoza 5.

Aribo Guy Bukasa, Casa Mbungo André, Alain Kirasa, Ahmed Adel na Paul Kiwanuka wayitoza kuri ubu.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago