INKURU ZIDASANZWE

Senateri yatunguranye avuga ko yashakanye n’umukobwa w’imyaka 15

Uwahoze ari guverineri wa Leta ya Zamfara, mu gihugu cya Nigeria Senateri Ahmed Sani Yerima, yatangaje ko aticuza kuba yarashakanye n’mukobwa w’imyaka 15 bahuriye mu Misiri.

Advertisements

Yerima yabivugiye mu kiganiro yahaye televiziyo, Yerima yanze kwemeza ko umugore we yarafite imyaka 13 igihe bakoranaga ubukwe.

Uyu mugabo avuga kandi ko amategeko ya Shariya amwemerera kurongora umugore we ufite iyo imyaka.

Ahmed Sani wahoze ari guverineri yatangaje kandi ko bamwe mu bakobwa be nabo bashakanye mbere y’imyaka 18. Yerima yagize ati: “Abantu ntibiyumvisha ko ari ikintu ukora mu buryo bwemewe n’amategeko, ngo waba unyuranyije n’amategeko, cyagutera kwicuza. Amategeko ya Shariya, ari mu itegeko nshinga rya Nigeria, arabitwemerera. Mugihe umukobwa yakuze, ashobora kurushinga.

Ati: “Ntabwo ari imyaka 18 cyangwa 20. Nta kintu na kimwe kijyanye n’imyaka y’umuntu. Ibisobanuro by’umukobwa ugeze mu za bukuru bisobanuwe neza n’amategeko ya Shariya.

“Benshi mu bakobwa banjye bashyingiwe kuri iyo myaka. Babana n’imiryango yabo kandi ntakibazo. Mu byukuri, bose ni abarangije amashuri. Umwe mu bakobwa washatse afite imyaka 16, arimo gukorera impamyabumenyi y’ikirenga ya PhD i Londres.”

Yerima w’imyaka 62 uvuga ko yashakanye n’uyu mukobwa ntiyatangaje amazina ye.

Ahmed ntiyicuza kuba yarashakanye n’umukobwa w’imyaka 15

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago