IMYIDAGADURO

Tom Holland wakinnye filime ya ‘Spiderman’ yahishuye uko yari yarabaswe n’inzoga

Umukinnyi wa filime wa Hollywood, Tom Holland, yahishuye ko yari yarabaswe n’inzoga avuga ko kuzivaho aricyo kintu cyiza yakoze nyuma y’uko yari yarabaye imbata y’agacupa.

Advertisements

N’ubwo yari yarazonzwe muri ibyo bibazo byahereye mu mwaka ushize, uyu mukinnyi yavuze ko yafashijwe n’umukunzi we ndetse akaba n’umwe mu bakinanye filime ya Spiderman Zendaya.

Zendaya umukunzi wa Tom wamufashije kureka inzoga

Mu kiganiro na Podcast Smartless yagize mu Cyumweru gishize, Tom yavuze ko yagiriwe amahirwe menshi yo kuba yaragize umuntu nka Zendaya mu buzima bwe.

Kuwa mbere tariki 10 Nyakanga 2023, mu kiganiro cya On Purpose kuri Podcast yagiranye n’uwitwa Jay Shetty yamubwiye ko gutangira urugendo rwo kureka inzoga zari zaramubase yabitangiye kuri Noheri y’umwaka washize.

Ariko kugira ngo afate icyemezo ntakuka cyo kureka agatama, yabitangiye muri Mutarama, aho yavuze ko ubundi ubuzima bwe bwari ubwo kwinywera inzoga gusa kugeza aho ubwo nawe bimutera ubwoba.

Gusa mu kubimenya agashaka kuzireka, aho yabikoze ukwezi kumwe ariko byabanje kumugora bikomeye kuko cyari icyemezo yarafashe kimukomereye.

Tom Holland umwe mu bakinnyi bakunzwe muri filime ‘Spiderman’

Nyuma y’uko abonye ko yabaswe n’inzoga zari zitagituma yongera gusabana n’abandi nk’uko byahoze ajya mu kabari arwanarwana yahisemo gufata umwanzuro wo kureka kamanyinya.

Uyu mukinnyi icyo gihe ngo yahise yiha intego yo kumara amezi atandatu atanywa inzoga, intego yasoje tariki 27 Kamena.

Muri icyo gihe cyose, Tom avuga ko aribyo bihe byiza yabayeho mu buzima bwe.

Avuga zimwe mu nyungu yungutse kuva yareka inzoga, yagize ati “Nashoboraga gusinzira neza. Nashoboraga gukemura ibibazo neza; ibintu bitagenda neza kuri seti, ubusanzwe byangendaga neza, nshobora gutera intambwe. Nari mfite ubwenge bwiza mu mutwe. Ubuzimwa bwari bumeze neza. Nanjye narimeze neza”.

Tom yashimangiye agira ati “Nishimiye kuvuga ko nari narabaswe n’inzoga bikomeye, ntabwo ntewe isoni n’inzira nanyuzemo rwose.”

Uyu mukinnyi wamamaye muri filime ya ‘Spiderman’ yongeye ko kugira ubwenge bwo kubihagarika ari ibintu byagize ingaruka nziza kuribyo, ibi byatumye yitandukanya n’abo basangiraga mu bakinnyi ba Rugby kandi yemeza ko yagiriye na Nyina inama yo kuzazireka.

Yagize ati “Yarabikunze byari nk’ibitangaza, nanjye siniyumvishaga ko nabaho ntari kunywa inzoga, numvaga ko bitangaje”.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago